Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasabye Abanya Ruhango Kumwihanganira Kubera Umwenda Abarimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Abanya Ruhango Kumwihanganira Kubera Umwenda Abarimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2022 3:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko ibyo yasezeranyije abaturage hari ibitarakorwa, ibyo yise ‘umwenda’ abafitiye. Icyakora ngo bamwihanganire araza kuwishyura.

Umwenda yavugaga abereyemo abaturage ni uw’uko ubwo yiyamamazaga mu mwaka wa 2017, hari ibyo yabasezeranyije ko bizagerwaho mu myaka irindwi yari igiye kurikiraho ariko bikaba bitaruzura 100%,

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kugira ngo umwenda wishyurwe, hari n’ibyo abawusezeranyijwe bagomba gukora.

Ati: “ Tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo uwo mwenda wishyurwe,.”

Yavuze ko hari inzego abaturage bagomba gushyiramo imbaraga zabo n’ubwo uruhare runini ari urwa Leta ariko ngo nabo bafite urundi ruhare bagomba kugira.

Ati: “ Uruhare rwa mbere ni ugukora, ugakora ibyo ushoboye, ugakora ibishoboka kuko Leta iba yanagugaye uburyo bwo gukora.”

Yavuze ko ku byerekeye ubuhinzi, Leta itanga ifumbire, igatanga imbuto z’indobanure n’ibindi ariko ngo ugomba kubibyaza umusaruro ni umuturage kugira ngo ibintu byuzuzanye.

Kagame yavuze ko hari n’ibikorwa bigaragara byakozwe ariko bikwiye kurindwa bikaramba.

Yatanze urugero rw’umuhanda.

Ku byerekeye ubuhinzi bw’imyumbati, ngo hari ibintu bibiri bigomba kuzuzanya.

Ngo uruganda rukora ifu y’imyumbati rukora 50% y’ubushobozi bwarwo, Perezida Kagame akibaza impamvu bitazamuka ngo bigere kuri 80% kuzamura.

Avuga ko Leta izakora uko ishoboye urwo ruganda rukagira ibyo rukeneye byose ngo rukore cyane.

Yasabye ariko n’abahinzi kujya bahinga imyumbati myinshi kugira ngo bahe uruganda umusaruro ufatika.

Perezida Kagame yavuze ko ifu yo mu Ruhango abanyamahanga bayikunda ariko ngo ntihagije, bityo ngo bagomba kongera umusaruro.

 Ab’i Ruhango Basabye Perezida Kagame Imihanda Itatu

Meya w’Akarere ka Ruhango witwa Valens Habarurema yabwiye Perezida Paul Kagame ko abaturage ayoboye bageze ku iterambere rifatika ariko ngo bakeneye ko bahabwa imihanda ya kaburimbo izabahuza n’utundi turere, kugira ngo bakomeze guhahirana, biteze imbere.

Habarurema yavuze ko imihanda bifuza ko yahindurwa kaburimbo harimo uturuka i Ruhango, ugakomeza i Kinazi, ikagera ahitwa Rutabo ugana muri Kamonyi.

Undi muhanda ni uwa Ruhango, ukomeza ugana Buhanda ukomokera i Karongi mu Ntara y’i Burengerazuba.

Umuhanda wa gatatu bifuza ko washyirwamo kaburimbo ni umuhanda uva mu Ruhango ukakomeza i Buhanda ukambukira i Kaduha muri Nyamagabe.

Uyu muyobozi yasabye Umukuru w’u Rwanda ko yanabafasha abo mu Mirenge ya Ntongwe na Kinihira ikabona amazi kuko ngo ahari angana na 68% gusa.

Meya Valens Habarurema avuga kandi ko bafite ikibazo cy’amazi make yo gukoresha mu kuhira bityo ngo bigatuma imyaka itera neza.

Ibi byose Perezida Kagame yavuze ko agiye gukorana n’abandi bigashakirwa umuti.

TAGGED:Kagame. AbaturageRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyamakuru Bagiye Kuzira Gutangaza Amabanga Y’Igihugu
Next Article Gen Tumwiime Wari Mu Bakomeye Muri Uganda YAPFUYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?