Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasabye Abanyarwanda Kutirara Mu Minsi Mikuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Abanyarwanda Kutirara Mu Minsi Mikuru

admin
Last updated: 14 December 2021 6:58 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe Abanyarwanda binjira mu bihe bisoza umwaka no gutangira umushya, ari umwanya wo kwitwararika ako kwirarara, ngo hato badaha urwaho icyorezo cya COVID-19.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa mbere nyuma yo kwakira indahiro ya Minisitiri mushya w’umutekano, Alfred Gasana.

Perezida Kagame yifurije abayobozi n’abaturarwanda bose gusoza neza uyu mwaka wa 2021 no gutangira neza umushya wa 2022.

Yagize ati “Twizera ko umwaka uza uzarushaho kuba mwiza kurusha uwo turangije n’uwo twarangije mbere yawo, ubwo ndavuga izi ngorane isi yose igenda ihura nazo za covid-19. Nubwo tumaze kugera ku byiza ku buryo bwo kuyirwanya, ari ugukingira umubare w’abantu benshi no kugabanya umubare w’abagiye barwara, ubona ko ku isi hose niko bigenda bimera, bigenda bigaruka, bisa n’ibijya kujya mu buryo bikongera bikazamuka.”

“Ubwo rero ntabwo twakwirara nubwo twari twifashe neza, ahubwo twarushaho ingamba zo kwirinda. Ni uko tukajya mu minsi mikuru neza nubwo kujya mu minsi mikuru yo kurangiza umwaka ubwabyo byongera bikazamura umubare w’abandura, kubera ko birumvikana abantu iyo bahuye ari benshi bakanezerwa, hari ubwo bivamo kwibagirwa kwirinda uko bikwiye.”

Mu ntangiro z’uyu mwaka ubwo abaturarwanda bari basoje iminsi mikuru, Umujyi wa Kigali wahise ushyirwa muri guma mu rugo kubera ubwandu bushya bwari bwatumbagiye cyane.

Mu bihugu byakingiye abantu benshi nko mu Bwongereza kandi imibare ikomeje kuzamuka cyane kubera Coronavirus nshya yihinduranyie ya Omicron, ku buryo ari ubutumwa buburira n’ibindi bihugu ku bishobora kuba.

Kugeza kuri iki Cyumweru abaturarwanda bamaze gukingirwa COVID-19 nibura bahawe urukingo rwa mbere ni miliyoni 6.8, mu gihe abakingiwe byuzuye ari miliyoni 4.1. Gahunda ni ugukingira abantu basaga miliyoni 9 mbere y’uko umwaka utaha urangira.

Kugeza ubu Leta ivuga ko ifite inkingo nyinshi, ndetse ubuyobozi buhamya ko mu bantu bakuru Umujyi wa Kigali wakingiwe hafi 100%.

Guhera kuri uyu wa 13 Ukuboza 2021 kandi umuntu ufite imyaka 18 y’amavuko kuzamura mu Umujyi wa Kigali yafatira doze ya mbere cyangwa iya kabiri y’urukingo rwa Coronavirus muri gare za Nyabugogo, Kimironko cyangwa Kabuga.

Harimo no gutangwa urukingo rushimangira, rwo rutangirwa ku bigo nderabuzima ku bakora kwa muganga, abakora mu nzego z’umutekano, abarengeje imyaka 50 n’abafite uburwayi budakira.

TAGGED:COVID-19featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Indahiro Ya Minisitiri Mushya w’Umutekano
Next Article Koffi Olomidé Yagizwe Umwere Ku Byaha Byo Gufata Ku Ngufu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?