Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasabye Ko Abana Barushaho Kurindwa Igihe Bakoresha Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Ko Abana Barushaho Kurindwa Igihe Bakoresha Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 March 2021 10:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko ikoranabuhanga ryigaragaje nk’uburyo bushobora gutuma amasomo akomeza no mu bihe bigoye bya COVID-19, asaba ko hongerwa imbaraga mu kubungabuna umutekano w’abana igihe bakoresha iryo koranabuhanga.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Kagame yayoboye inama ya Komisiyo y’umuyoboro mugari w’ikoranabuhanga rya internet, Broadband Commission.

Yavuze ko muri ibi bihe bya COVID-19 ikoranabuhanga ryifashishwa ku rwego rwo hejuru, ibintu byararushijeho kuzana ikinyuranyo hagati y’abafite rya koranabuhanga n’abatarifite.

Yakomeje ati “Mu gihe amashuri abantu biga bari kumwe yafunzwe, abanyeshuri benshi ntabwo babashije gukomeza amasomo mu ikoranabuhanga. Bamwe ndetse bagize umwaka wose w’imfabusa.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Muri icyo gihe kandi, mu gihe abana bamara igihe kinini bakoresha internet, tugomba kongera imbaraga kugira ngo bakomeze gutekana.”

Binyuze mu ikoranabuhanga, hari ibintu byinshi biboneka kuri internet bishobora kuyobya ubwonko bw’abana, bishobora nko kubashora mu ngeso mbi.

Perezida Kagame yavuze ko gahunda y’ibikorwa ya Broadband Commission mu gihe cya COVID-19 yita ku ngingo eshatu, kuba internet yaba iboneka mu buryo burambye, buhendutse, kandi hakabaho ugutekana igihe ikoreshwa.

Yakomeje ati “Mu gihe inkingo zikomeje gukwirakwizwa mu bihugu byinshi, iherezo ry’icyorezo cya Covid-19 rigaragarira amaso. Ariko inzira iracyari ndende, by’umwihariko mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.”

“Iki nicyo gihe cyo kubaka ubufatanye bushya mu gusakaza umuyoboro mugari no kongera ishoramari rikenewe kugira ngo ikoranabuhanga ribashe kubyazwa umusaruro mu buryo bungana.”

- Advertisement -

Iyo nama yanitabiriwe n’abayobozi barimo Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye Volkan Bozkir. Harimo kandi Perezida wa ZTE, Xu Ziyang, Umuyobozi Mukuru wa Vodafone Nick Read, Umuyobozi Mukuru wa Milicom Mauricio Ramos n’Umuyobozi Mukuru wa  Inmarsat, Rajeev Suri.

Iyi nama yitabiriye n’abayobozi batandukanye

TAGGED:COVID-19featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuntu Witwaje Imbunda Yarashe Abantu 10 Muri Colorado
Next Article Dr. Kayumba Christopher Yahamagajwe Na RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?