Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yashimye Dr Salim Ku Isabukuru Ye y’Imyaka 80
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yashimye Dr Salim Ku Isabukuru Ye y’Imyaka 80

admin
Last updated: 23 January 2022 3:11 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yifurije isabukuru nziza y’amavuko Dr Salim Ahmed Salim, anashima umusanzu yatanze mu bikorwa bitandukanye haba mu gihugu cye cya Tanzania na Afurika yose muri rusange.

Dr Salim yavukiye muri Zanzibar ku wa 23 Mutarama 1942, ku babyeyi bakomoka muri Oman. Kuri iki Cyumweru yujuje imyaka 80 y’amavuko.

Perezida Kagame yanditse kuri Twitter ati “Isabukuru nziza yimyaka 80 y’amavuko kuri Dr Salim Ahmed Salim. Ubwitange bwakuranze mu buzima bwose mu gukorera igihugu cyawe na Afrika ni ntangarugero n’icyitegererezo kuri benshi ku mugabane. Nkwifurije indi myaka myinshi! #DearDrSalim”

Happy 80th birthday to Dr Salim Ahmed Salim. Your lifelong dedication in service to your country and to Africa is exemplary and an inspiration to many across the continent. Wishing you many more! #DearDrSalim

— Paul Kagame (@PaulKagame) January 23, 2022

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr Salim azwi mu bikorwa byinshi muri Afurika birimo Amasezerano ya Arusha, yasinywe hagati ya Guverinoma ya Juvenal Habyarimana na RPF Inkotanyi ku wa 4 Kanama 1993.

Mu ntangiriro z’ayo masezerano, Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (Organisation de l’Unité africaine, OUA) waje guhinduka Ubumwe bwa Afurika (AU) winjiye mu kibazo, icyo gihe hari mu 1991.

Perezida wa Tanzania Ali Hassan Mwinyi yaje guhamagara Perezida Habyarimana na Yoweri Museveni wa Uganda, bahurira muri Zanzibar abamenyesha ko ikibazo cyegurirwe OUA.

Hashize iminsi mike hakoranye inama yahuje Habyarimana, Museveni, Pierre Buyoya wayoboraga u Burundi, Umunyamabanga Mukuru wa OUA Dr Salim Ahmed Salim n’abandi bayobozi barimo Minisitiri w’Intebe wa Zaïre, ba Ambasaderi n’abandi.

Iyo nama yatumijwe na OUA yashyizeho ibice bibiri by’imishyikirano.

- Advertisement -

Igice kimwe cyitwaga Politico-Military Committee cyakoreraga Addis Ababa, rimwe na rimwe kigahurira i Arusha, iyo nama ikayoborwa n’Umunyamabanga Mukuru wa OUA, Dr Salim.

Igice cya kabiri cyabaga kigizwe n’abaje guhura ku mpande zombi, inama yabo ikayoborwa na Minisitiri woherejwe na Tanzania afatanyije n’uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa OUA.

Ayo masezerano amaze kunozwa, yashyizweho umukono imbere y’abayobozi barimo Umuhuza Ali Hassan Mwinyi wari Perezida wa Tanzania, Perezida Museveni na Melchior Ndadaye w’u Burundi nk’indorerezi, Faustin Birindwa wari Minisitiri w’intebe wa Zaïre wari uhagarariye umuhuza Perezida Mobutu Sese Seko na Dr Salim Ahmed Salim, umunyamabanga mukuru wa OUA.

Dr Salim yabaye umudipolomate ukomeye, aho yabaye Umunyamabanga mukuru wa karindwi wa OUA guhera ku wa 19 Nzeri 1989 – 17 Nzeri 2001.

Indi myanya yabayeho harimo Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tanzania (1980–1984), Minisitiri w’Intebe (1984–1985), Minisitiri w’Ingabo (1986–1989) na Ambasaderi muri Cuba, Misiri, u Buhinde, u Bushinwa n’Umuryango w’Abibumbye.

Yanabaye Intumwa yihariye ya Afurika yunze ubumwe mubibazo bya Darfur kuva mu 2004–2008.

Mu bandi bifurije Dr Salim isabukuru nziza harimo Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa n’abandi benshi.

Wishing Dr Salim Ahmed Salim, former OAU Secretary General and Prime Minister of Tanzania, a very happy 80th birthday. You have been an unwavering champion of African unity and independence and a true friend of the South African people. #DearDrSalim pic.twitter.com/dBUXGRFrh8

— Cyril Ramaphosa 🇿🇦 (@CyrilRamaphosa) January 23, 2022

#DearDrSalim you saw in me what you called a potential when I was still at university. You decided to be a mentor and you really did it well. At your 80th birthday we thank Allah for the services to this great country. Happy birthday Dr. Salim Ahmed Salim, the son of Africa. https://t.co/WV99qdS6KQ

— Zitto MwamiRuyagwa Kabwe (@zittokabwe) January 23, 2022

 

 

Dear Dr. Salim. Happy 80th Birthday. I will always remember your tireless efforts to try to end the war between Ethiopia and Eritrea. #DearDrSalim

— Susan Rice (@AmbassadorRice) January 22, 2022

Dr. Salim is honored for his outstanding dedication, tenacity and perseverance. #DearDrSalim

— Dr Hussein Ali Mwinyi (@DrHmwinyi) January 23, 2022

#DearDrSalim
Dear Dr. Salim Ahmed Salim: Happy 80th Birthday! I always remember with great admiration your outstanding leadership and charisma as the Secretary General of the Organization of African Unity (OAU). You were brilliant and built a strong vision of unity for Africa. pic.twitter.com/KBPwhXk3wY

— Akinwumi A. Adesina (@akin_adesina) January 23, 2022

Ambassador,Minister,Prime Minister, President of the UN GenAss, longest serving Sec-Gen of the OAU, an avowed PanAfricanist, a Statesman. Salim Ahmed Salim is 80 yrs old today. Happy Birthday wishes for a long life to see the success of your efforts. #DearDrSalim pic.twitter.com/f8HzZb7Bkh

— Moussa Faki Mahamat (@AUC_MoussaFaki) January 23, 2022

 

 

 

TAGGED:Dr Salim Ahmed SalimfeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverineri wa Banki Nkuru ya Uganda Yapfuye
Next Article Icyifuzo Cya OMS/WHO Cyanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?