Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yatanze Icyizere Ku Ruganda Ruzakora Inkingo Za COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Perezida Kagame Yatanze Icyizere Ku Ruganda Ruzakora Inkingo Za COVID-19

Last updated: 04 July 2021 12:24 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye abaturarwanda kurushaho kubahiriza ingamba zo guhangana na COVID-19, mu gihe hakomeje imyiteguro iganisha ku kubaka uruganda ruzakora inkingo z’icyo cyorezo n’indi miti ikenewe.

Ni ubutumwa yageneye itariki ya 4 Nyakanga, Abanyarwanda bizihizaho ku nshuro ya 27 umunsi wo Kwibohora. Ni umunsi usanzwe wizihizwa mu birori bikomeye, ariko muri uyu mwaka ntibyashobotse kubera COVID-19.

Perezida Kagame yavuze ko ariyo mpamvu abaturarwanda bagomba gukomeza urugamba rwo kurwanya ubwiyongere bw’iki cyorezo.

Ati “Kurwanya no gutsinda COVID ni imwe mu nzira yo gukomeza ibikorwa byo Kwibohora. Muri iyi minsi tugiye kubona izindi nkingo zidufasha kongera ubwirinzi bw’umubiri duhereye ku barusha abandi ibyago byo kwandura COVID.”

“Ariko mu rwego rwo kwigira, turakora ibishoboka byose ngo twubake ubushobozi bwo gukora inkingo n’indi miti mu Rwanda. Ibi bizagabanya guhora twiringiye imiti ituruka hanze y’igihugu, itabonekera igihe cyangwa itangwa hagendewe ku zindi nyungu. Ariko birasaba igihe kandi tugomba kwihangana.”

Yavuze ko hagati aho buri wese afite uruhare runini mu kuba maso no guhindura imikorere, kugira ngo u Rwanda rubashe kugabanya ibyago byo kwandura iriya virusi yandurira mu mwuka.

Umushinga wo kubaka izi nganda muri Afurika uteganywa mu bihugu bitatu birimo u Rwanda, Senegal na Afurika y’Epfo.

U Rwanda ruheruka kugirana amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ya miliyari 3.6 Frw, arimo igice kizakoreshwa mu kugura ibikoresho bigenewe Ikigo Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA.

Ni ibikoresho bya laboratwari bigamije guha icyizere abashoramari ko bazabona ibikenewe byose mu bugenzuzi bwatuma imiti n’inkingo bazashyira ku isoko byemerwa ku rwego mpuzamahanga.

Ni inganda biteganywa ko uretse gukora inkingo za COVID-19 zizakora n’izindi zizagenda zikenerwa kuri uyu mugabane cyangwa imiti n’ibindi bikoresho bikenewe mu buvuzi.

Ni umushinga witezweho byinshi kuko mu nkingo zose Afurika ikenera, 1% gusa arizo zikorerwa muri uyu mugabane.

Perezida Kagame yakomeje ati “Tugomba kumva akamaro ko kwirinda ubwacu no kurinda abandi kugira ngo igihugu cyacu kibashe gutsinda vuba iki cyorezo. Abanyarwanda dufite byinshi tugomba gukorera hamwe kandi dukwiriye kugira icyizere cy’ejo hazaza heza.”

Kugeza ubu Abanyarwanda bamaze gukingirwa ni 391,000 mu gihe intego ari ugukingira nibura 60% by’abaturage, ni ukuvuga abasaga miliyoni 7.8 bitarenze umwaka wa 2020.

Ni mu gihe u Rwanda ruhanganye n’ubwiyongere bukabije bw’ubwandu bushya bwa COVID-19 kimwe n’abahitanwa n’iyi ndwara, ku buryo abantu basabwa kurushaho kwitwararika.

Urugero nko kuri uyu wa Gatandatu handuye abantu 898, mu gihe ijanisha ku bandura ryari 11.3%. Hapfuye abantu 12, ari na wo mubare munini wabonetse mu munsi umwe.

TAGGED:COVID-19featuredInkingoPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yifurije Abanyarwanda Kwibohora Kugamije Iterambere Rirambye
Next Article Gen Ibingira Ntakiri Umugaba w’Inkeragutabara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?