Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yatashye Inzu Mberabyombi Yamwitiriwe Mu Bufaransa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yatashye Inzu Mberabyombi Yamwitiriwe Mu Bufaransa

admin
Last updated: 19 May 2021 6:30 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yatashye inzu mberabyombi yamwitiriwe iherereye mu Mujyi wa Strasbourg mu Bufaransa, mu kigo gitanga amasomo ndetse kigakora ubushakashatsi kuri kanseri zifata urwungano ngogozi, IRCAD France.

Kagame ari mu Bufaransa aho yari yitabiriye inama mpuzamahanga ebyiri, iyigaga kuri Sudan yabaye ku wa Mbere n’iyigaga ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika muri ibi bihe bya COVID-19, yabaye ku wa Kabiri.

Iyo nzu mberabyombi yiswe ‘President Paul Kagame Auditorium’ yubatswe na IRCAD France (Institut de Recherche Contre les Cancers de l’Appareil Digestif), mu majyaruguru ashyira iburasirazuba bw’u Bufaransa.

Icyo kigo cyashinzwe mu mwaka wa 1994 na Prof. Jacques Marescaux. Ku mazina ye yongeraho Nshuti.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo kigo n’umuyobozi wacyo bafitanye umubano mwiza n’u Rwanda ndetse na Perezida Kagame by’umwihariko.

Muri Nyakanga 2017, Prof. Marescaux yasuye u Rwanda anabonana na Perezida Kagame, umukuru w’igihugu amugaragariza ubushake bwo kuba icyo kigo cyafungura ishami mu Rwanda, rikigisha ubuvuzi bwo kubaga ku rwego rwa Afurika.

Umushinga wahise utangira ndetse byateganywaga ko icyo kigo cyiswe IRCAD Africa Center cyari gufungurwa mu 2020, ariko icyorezo cya COVID-19 gituma imirimo igenda buhoro. Ubu ubwubatsi bugeze kure mu Murenge wa Masaka, mu Mujyi wa Kigali.

Biteganywa ko kizafungurwa muri uyu mwaka, kikazafasha abaganga muri Afurika kwihugura mu buryo bwo kubaga bukorwa habayeho gukeba ahantu hato cyane, minimally invasive surgery.

IRCAD imaze kugira ibigo bitandatu birimo icyo yafunguye muri Taiwan muri Aziya mu 2008, icy’i Sao Paulo muri Brazil mu 2011 n’icyafunguwe i Rio de Janeiro muri Kamena 2017.

- Advertisement -

IRCAD Africa ifite imirimo mu Rwanda guhera mu 2019, binyuze mu cyicaro cy’agateganyo.

Ivuga ko nibura mu mwaka ihugura abahanga 6200 bo hirya no hino ku isi mu kubaga, igatanga amasomo agera kuri 80 mu mwaka, mu nzego zisaga 20.

Iyi nzu mberabyombi Kagame yitiriwe si yo ya mbere, ije isanga ibindi bikorwa birimo Kagame Road, umuhanda uri mu murwa mukuru Lilongwe muri Malawi na Kagame Hotel Ltd y’i Dar Es Salaam muri Tanzania.

Prof. Jacques Marescaux ni we washinze iki kigo
Ibendera ry’u Rwanda ryazamuwe ku cyicaro cya IRCAD i Strasbourg
Perezida Kagame mu muhango wo gufungura iyo nzu mberabyombi

 

TAGGED:featuredIRCADPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Bya Faisal Bigiye Gutangiza Serivisi Zo Gusimbuza Impyiko
Next Article Hatahuwe ‘Mafia’ Mu Guhimba Inyandiko Hagamijwe Kunyaga Imitungo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?