Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yatorewe Gukomeza Kuyobora NEPAD
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yatorewe Gukomeza Kuyobora NEPAD

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2022 4:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyavuye mu matora yabaye ku wa Gatatu taliki 02, Gashyantare, 2022 byerekana ko Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora Ishami ry’Afurika yunze ubumwe rishinzwe iterambere ryawo ndetse no kubakira ubushobozi inzego za Afurika yunze ubumwe.

Iri shami ryitwa African Union Development Agency (AUDA-NEPAD).

NEPAD ifite inshingano zo kwita ku bikorwa by’Afurika yunze ubumwe bigamije guteza imbere ikigega cyayo kivamo amafaranga afasha Umuryango w’Afurika yunze ubumwe gukora neza ibyo wiyemeje.

Intego z’uyu muryango muri iki gihe ni ugukora k’uburyo ugera ku ntengo wiyemeje mu mwaka wa 2063.

Ni icyerekezo kiswe Agenda 2063.

The New Times yanditse ko amatora y’abayobozi ba ririya shami yabaye taliki 02, Gashyantare, 2022 mu Nama y’Abakuru b’ibihugu yakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Iyi nama bayita NEPAD Heads of State and Government Orientation Committee (HSGOC).

Perezida Kagame niwe wari uyoboye iriya nama yari ibaye ku nshuro ya 39.

Muri iriya Nama, Perezida Kagame yavuze ko yishimira intambwe Afurika iri gutera mu iki gihe iri kwivana mu bibazo byatewe na COVID-19.

Perezida wa Repubulika ya Demukasi ya Congo Felix Tshisekedi akaba ari nawe uyoboye Afurika yunze ubumwe muri iki gihe nawe yashimye intambwe iri guterwa ariko avuga ko ari ngombwa ko yihutishwa kugira ngo icyerekezo 2063 kigerweho.

Umunyamabanga w’Afurika yunze ubumwe Bwana Moussa Faki Mahamat yashimye ko muri iki gihe hari imbaraga nyinshi zigaragara mu bihugu by’Afurika zo gukora cyane kugira ngo byiteze imbere bidasabye ko buri gihe bifashwa n’abanya-Burayi.

TAGGED:AfurikafeaturedKagameNEPADTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwiyemeza Nibyo Bituranga- Umuyobozi Wa RDB Clare Akamanzi
Next Article UN Yagenzuye Uko Polisi Y’u Rwanda Itegura Abapolisi Izohereza Mu Butumwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?