Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yatorewe Gukomeza Kuyobora NEPAD
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yatorewe Gukomeza Kuyobora NEPAD

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2022 4:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyavuye mu matora yabaye ku wa Gatatu taliki 02, Gashyantare, 2022 byerekana ko Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora Ishami ry’Afurika yunze ubumwe rishinzwe iterambere ryawo ndetse no kubakira ubushobozi inzego za Afurika yunze ubumwe.

Iri shami ryitwa African Union Development Agency (AUDA-NEPAD).

NEPAD ifite inshingano zo kwita ku bikorwa by’Afurika yunze ubumwe bigamije guteza imbere ikigega cyayo kivamo amafaranga afasha Umuryango w’Afurika yunze ubumwe gukora neza ibyo wiyemeje.

Intego z’uyu muryango muri iki gihe ni ugukora k’uburyo ugera ku ntengo wiyemeje mu mwaka wa 2063.

Ni icyerekezo kiswe Agenda 2063.

The New Times yanditse ko amatora y’abayobozi ba ririya shami yabaye taliki 02, Gashyantare, 2022 mu Nama y’Abakuru b’ibihugu yakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Iyi nama bayita NEPAD Heads of State and Government Orientation Committee (HSGOC).

Perezida Kagame niwe wari uyoboye iriya nama yari ibaye ku nshuro ya 39.

Muri iriya Nama, Perezida Kagame yavuze ko yishimira intambwe Afurika iri gutera mu iki gihe iri kwivana mu bibazo byatewe na COVID-19.

Perezida wa Repubulika ya Demukasi ya Congo Felix Tshisekedi akaba ari nawe uyoboye Afurika yunze ubumwe muri iki gihe nawe yashimye intambwe iri guterwa ariko avuga ko ari ngombwa ko yihutishwa kugira ngo icyerekezo 2063 kigerweho.

Umunyamabanga w’Afurika yunze ubumwe Bwana Moussa Faki Mahamat yashimye ko muri iki gihe hari imbaraga nyinshi zigaragara mu bihugu by’Afurika zo gukora cyane kugira ngo byiteze imbere bidasabye ko buri gihe bifashwa n’abanya-Burayi.

TAGGED:AfurikafeaturedKagameNEPADTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwiyemeza Nibyo Bituranga- Umuyobozi Wa RDB Clare Akamanzi
Next Article UN Yagenzuye Uko Polisi Y’u Rwanda Itegura Abapolisi Izohereza Mu Butumwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?