Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yavuze Uko Ikibazo Cy’Umutekano Mucye Muri DRC Cyakemuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yavuze Uko Ikibazo Cy’Umutekano Mucye Muri DRC Cyakemuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2022 2:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda yabwiye bagenzi be bitabiriye Inama yakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga ko kugira ngo ikibazo cy’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa DRC gikemuke ari ngombwa ko ikibazo muzi kiwutera kirandurwa.

Ati: “ Tugomba kurandura ikibazo muzi gituma muri DRC hataboneka umutekano urambye. Twishimira umusanzu ibihugu bigize uyu  muryango biri gutanga kugira ngo amahoro arambye agaruke mu Burasirazuba bwa DRC.”

Mu bihe bitandukanye u Rwanda rwavuze ko ibibazo byo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bireba abayituye, ko bagomba gukorana n’abayobozi babo bakabicoca bikava mu nzira.

I Nairobi niho hari kubera inama yatumiwemo bamwe mu bagize imitwe 15 irwanya Leta ya DRC ngo baganire uko imirwano yahagarara.

Uhuru Kenyatta nk’Umuhuza niwe wayitumiye aranayakira.

Bisa n’aho ari ibiganiro byo gusasa inzobe abarwanya Leta y’i Kinshasa batumiwemo ngo  baganire nayo ku ngingo zabashyamiranyaga, bityo bagire icyo bemeranyaho cyaha abaturage ba DRC amahoro.

Icyakora abarwanyi ba M23 bo ntibatumiwe.

Batangaje ko ibizava muri biriya biganiro bitazaba bibareba!

Uhuru ati: “ Kwa wana-DRC, Amani itatoka kwenye nyinyi wenyewe! Tuungane!”

Yababwiye ko bo nk’abana ba DRC ari bo bagomba kuganira bagashaka icyabahuza, amahoro agataha iwabo.

Ibi kandi nibyo basabwe n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba Dr. Peter Mathuki.

Mathuki avuga ko kuba abaturage ba DRC bahuye bakaganira ku byo batumvikanaho, ari ibyo kwishimira.

Ngo ni intambwe iganisha ku mahoro arambye.

Biriya biganiro kandi byatumiwe mo inararibonye zo mu moko atandukanye y’abaturage ba DRC ngo baganire uko ibintu byahoze, uko byaje kuzamba n’ibyo babona byakorwa go bisubire mu murongo.

Dr.Peter Mathuki yabasezeranyije ko EAC izababa hafi mu biganiro bazagirana kandi ngo ubufasha bwose bazashaka bazabubona.

Ni inama kandi yitabiriwe n’abandi batumirwa b’icyubahiro barimo abahagarariye Umuryango w’Afurika yunze ubumwe, abahagarariye Umuryango w’Abibumbye , abahagarariye ibihugu byabo n’abandi banyacyubahiro.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, uwa Uganda Yoweli Museveni, uwa DRC Felix Tshisekedi, uw’u Burundi  Evariste Ndayishimiye ndetse n’abahagarariye Repubulika ya Tanzania n’iya Sudani y’Epfo nabo bakurikiranye iyi nama ikomeye.

Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’ibihugu byo muri EAC
TAGGED:EACfeaturedKagameKenyattaM23Uhuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Ushyira Ku Mbuga Nkoranyambaga Utitonze Byazakubuza Umugati
Next Article Dr. Sabin Nsanzimana Yongerewe Inshingano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

Perezida Wa Misiri Yambitse Umupolisi W’u Rwanda Umudali

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Kabila Yashinze Ishyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?