Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yemeje Umutwe Mushya W’Ingabo Z’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yemeje Umutwe Mushya W’Ingabo Z’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2024 8:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda Paul Kagame yaraye yemeje ko izi ngabo zigira umutwe wihariye ushinzwe ubuvuzi. Yahise ashyiraho n’ubuyobozi bukuru bwawo buyobowe na Major General Ephraim Rurangwa.

Afande Rurangwa( ubu ni Major Gen) niwe uzayobora uyu mutwe

Rurangwa yari asanzwe ayobora ibitaro bikuru bya gisirikare by’u Rwanda, Rwanda Military Hospital bikorera mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe.

Ishami rya RDF rishinzwe ubuvuzi barihaye izina rya Medical Health Service( MHS), rikazaba rifite umuyobozi wungirije witwa Col.Dr John Nkurikiye usanzwe ari inzobere mu kuvura amaso.

Ubusanzwe ingabo z’u Rwanda zari zifite imitwe mikuru itatu ni ukuvuga izirwanira ku butaka, izirwanira mu kirere n’inkeragutabara.

Ubu hiyongereyeho umutwe wa kane.

Mu bo Perezida Kagame yahaye inshingano muri iri shami rishya harimo na Brig. Gen Jean Paul Bitega ngo azabe ashinzwe ibikorwa byose bizakorerwa muri iri shami, ibyo bita bita medical operations command.

Kugira ngo ibitaro by’u Rwanda bya gisirikare bya Kanombe bikomeze kugira umuhanga kandi ufite ipeti ryo hejuru ubiyobora, Perezida Kagame yahise aha ipeti rya Brigadier General ariha Col. Dr. Eugene Ngoga, aba ari we ashinga kuyobora ibi bitaro.

Undi wahawe iri peti ni Brig General is Chyrsostome Kagimbana, Col. Eric Seruyange, agirwa umuyobozi muri iri shami ushinzwe kurwanya ibyorezo, Lt Col. Leon Ruvugabigwi agirwa umuyobozi ushinzwe imiti n’ibikoresho n’aho  Lt Col. Vincent Sugira agirwa umuyobozi ushinzwe amasomo, amahugurwa, ubushakashatsi no guhanga udushya.

TAGGED:featuredIngaboKagameUbuzimaUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MONUSCO Yahagaritse Burundu Gukorera Muri Kivu Y’Epfo
Next Article Nyagatare: Uburwayi Bwo Mu Mutwe Bwugarije Urubyiruko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?