Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yibukije Ingabo Ko Zikwiye Gukomeza Kwanga Agasuzuguro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yibukije Ingabo Ko Zikwiye Gukomeza Kwanga Agasuzuguro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2024 5:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku basirikare barangije amasomo bari bamazemo iminsi mu kigo cyabo cya Gako, Perezida Kagame yababwiye ko mu muco w’Abanyarwanda muri rusange n’ingabo muri rusange bazira agasuzuguro.

Mu rwego rwo kubibutsa ko Abanyarwanda banga agasuguro, Perezida Kagame yabahaye urugero rw’umukecuru waciriye mu maso abantu bamusaga guhitamo uko bamwica akabacira mu maso.

Avuga ko kuba uwo mukecuru yaravumye abo bishi, ari igikorwa cy’ubutwari.

Kagame yabwiye abaturage n’abasirikare bari aho ko muri kamere y’Abanyarwanda harimo kwanga agasuzuguro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomoje ku byabayeho by’uko abantu mu bihe byahise babazaga umwana, bakabaza umukecuru, bakabaza umusaza ndetse n’abasore n’inkumi bakababaza icyo bahitamo kugira ngo abe ari cyo kibica.

Kagame avuga ko iyo igihugu cyageze aho, kugira ngo kizongere kubona ibintu nk’ibyo byaba ari ishyano.

Ati: “ Ntabwo izi ngabo z’igihugu, z’umwuga, ibyo zigishwa, ibyo zitozwa, amateka yacu ntabwo yatwemerera ko byazongera kuba mu gihugu cyacu”

Avuga ko izo ari zo nshingano z’ingabo z’igihugu muri rusange zaba iziriho ubu n’izizabazo mu gihe kiri imbere.

Agaruka ku rugero rwa wa mukecuru wanze agasuzuguro, Perezida Kagame yagize ati:“ Icyi nicyo mukwiye gukora namwe, nk’Abanyarwanda mukanga ubagaraguza agati. Mukabyanga, mukabirwanya. Urupfu Abanyarwanda bakwiye guhitamo gupfa ni ugupfa bahangana n’ubazanaho urwo rupfu”.

- Advertisement -

Ibyo kandi yasaba Abanyarwanda ko babigira umuco.

Umukuru w’u Rwanda akaba n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda yazibwiye ko zidakora ibyo zize gusa ahubwo zikora n’ibyo umutima uzibwira, zikanga ububwa, zikanga agasuzuguro.

Ati: “ Ukuzanye ho ibyo akicuza kenshi icyatumye abikora. Ni ko gaciro k’ingabo z’u Rwanda”.

Kagame avuga ko Abanyarwanda bafite amateka yihariye, amateka yabuzemo amahoro igihe kirekire akavamo gutakaza Abanyarwanda benshi.

Yagarutse kandi ku gisobanuro cyo kuba umusirikare.

Avuga ko kuba umusirikare ari umwuga wihariye usaba umuntu kwirinda no kurinda abandi.

Yavuze ko abawutinya banga kuwusigamo ubuzima bibeshya kuko hari ibindi bitwara ubuzima bw’abantu.

Ati: “ Kuba muri uyu mwuga ni ishema rikurinda rikarinda abawe rikarinda Abanyarwanda bose n’abandi bose batuye iki gihugu”.

Perezida Kagame yasabye abasirikare bahawe impamyabumenyi kuzakomeza umuco w’ikinyabupfura no kwimakaza ubunyamwuga, arangiza ijambo rye abifuriza amahoro.

TAGGED:AbicanyifeaturedKagamePerezidaRwandaUmukecuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburyo Bwo Kwihorera Dimitri Yahisemo Ni Ukwereka Ineza Abamuhemukiye
Next Article Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?