Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yibukije Ingabo Ko Zikwiye Gukomeza Kwanga Agasuzuguro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yibukije Ingabo Ko Zikwiye Gukomeza Kwanga Agasuzuguro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2024 5:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku basirikare barangije amasomo bari bamazemo iminsi mu kigo cyabo cya Gako, Perezida Kagame yababwiye ko mu muco w’Abanyarwanda muri rusange n’ingabo muri rusange bazira agasuzuguro.

Mu rwego rwo kubibutsa ko Abanyarwanda banga agasuguro, Perezida Kagame yabahaye urugero rw’umukecuru waciriye mu maso abantu bamusaga guhitamo uko bamwica akabacira mu maso.

Avuga ko kuba uwo mukecuru yaravumye abo bishi, ari igikorwa cy’ubutwari.

Kagame yabwiye abaturage n’abasirikare bari aho ko muri kamere y’Abanyarwanda harimo kwanga agasuzuguro.

Yakomoje ku byabayeho by’uko abantu mu bihe byahise babazaga umwana, bakabaza umukecuru, bakabaza umusaza ndetse n’abasore n’inkumi bakababaza icyo bahitamo kugira ngo abe ari cyo kibica.

Kagame avuga ko iyo igihugu cyageze aho, kugira ngo kizongere kubona ibintu nk’ibyo byaba ari ishyano.

Ati: “ Ntabwo izi ngabo z’igihugu, z’umwuga, ibyo zigishwa, ibyo zitozwa, amateka yacu ntabwo yatwemerera ko byazongera kuba mu gihugu cyacu”

Avuga ko izo ari zo nshingano z’ingabo z’igihugu muri rusange zaba iziriho ubu n’izizabazo mu gihe kiri imbere.

Agaruka ku rugero rwa wa mukecuru wanze agasuzuguro, Perezida Kagame yagize ati:“ Icyi nicyo mukwiye gukora namwe, nk’Abanyarwanda mukanga ubagaraguza agati. Mukabyanga, mukabirwanya. Urupfu Abanyarwanda bakwiye guhitamo gupfa ni ugupfa bahangana n’ubazanaho urwo rupfu”.

Ibyo kandi yasaba Abanyarwanda ko babigira umuco.

Umukuru w’u Rwanda akaba n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda yazibwiye ko zidakora ibyo zize gusa ahubwo zikora n’ibyo umutima uzibwira, zikanga ububwa, zikanga agasuzuguro.

Ati: “ Ukuzanye ho ibyo akicuza kenshi icyatumye abikora. Ni ko gaciro k’ingabo z’u Rwanda”.

Kagame avuga ko Abanyarwanda bafite amateka yihariye, amateka yabuzemo amahoro igihe kirekire akavamo gutakaza Abanyarwanda benshi.

Yagarutse kandi ku gisobanuro cyo kuba umusirikare.

Avuga ko kuba umusirikare ari umwuga wihariye usaba umuntu kwirinda no kurinda abandi.

Yavuze ko abawutinya banga kuwusigamo ubuzima bibeshya kuko hari ibindi bitwara ubuzima bw’abantu.

Ati: “ Kuba muri uyu mwuga ni ishema rikurinda rikarinda abawe rikarinda Abanyarwanda bose n’abandi bose batuye iki gihugu”.

Perezida Kagame yasabye abasirikare bahawe impamyabumenyi kuzakomeza umuco w’ikinyabupfura no kwimakaza ubunyamwuga, arangiza ijambo rye abifuriza amahoro.

TAGGED:AbicanyifeaturedKagamePerezidaRwandaUmukecuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburyo Bwo Kwihorera Dimitri Yahisemo Ni Ukwereka Ineza Abamuhemukiye
Next Article Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?