Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yihanganishije Abo Mu Miryango Ifite Abaguye Ku Rugamba Mu Mwaka Wa 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yihanganishije Abo Mu Miryango Ifite Abaguye Ku Rugamba Mu Mwaka Wa 2022

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba w’Ikirenga  w’ingabo z’u Rwanda akaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifurije ingabo z’u Rwanda n’inzego zose zishinzwe umutekano umwaka mushya kandi muhire wa 2023.

Yafashe mu mugongo abo mu miryango ifite abasirikare baguye ku rugamba u Rwanda rwagiye gufashamo amahanga kugarura amahoro no kuyabumbatira.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kubaba hafi.

Ibyo bihugu ni Mozambique aho rufasha iki gihugu kurwana n’ibyihebe  na Repubulika ya Centrafrique aho rufasha mu gutsimbataza amahoro.

Muri Nzeri, 2021, Perezida Kagame yasuye abasirikare  n’aba Polisi b’u Rwanda boherejwe muri Mozambique kuhagarura amahoro.

Icyo gihe yabashimiye uko bakora akazi kabo, ababwira ko imbere hakiri akandi kazi.

Mu Mafoto: Ingabo Z’U Rwanda Na Polisi Yarwo Muri Mozambique Bahagaze Bwuma

Perezida Kagame aherutse kuvugira mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ko hari abandi basirikare boherejwe muri Mozambique mu kazi ko gukomeza kwirukana ibyihebe aho byahungiye hose.

Mu mezi make ashize, yoherereje ubutumwa abapolisi b’u Rwanda  baba muri Repubulika ya Centrafrique bujyanwa na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta.

Hari kuwa Gatandatu taliki ya 15 Mutarama 2022.

Aba bapolisi bagizwe n’amatsinda abiri ya RWAFPU1 ifite inshingano zo kurinda inyubako z’Umuryango w’Abibumbye no gucunga umutekano w’abacamanza b’urukiko mpanabyaha rwihariye, n’itsinda RWAPSU rishinzwe kurinda umutekano w’abayobozi bakuru muri guverinoma ya Centrafrique ndetse n’umuyobozi mukuru w’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA).

Mu ijambo Umukuru w’u Rwanda yagejeje kuri aba bagabo n’abagore bacungiye u Rwanda n’amahanga umutekano ribifuriza ishya n’ihirwe mu mwaka wa 2023 nk’uko rigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro bye,  yabashimiye ubwitange bagaragaje mu mwaka wa 2022 ndetse abasaba gukomereza aho no mu mwaka wa 2023 uzatangira ku wa Mbere taliki 01, Mutarama, 2023.

Yabibukije kandi gukomeza guhagarara bemye mu nshingano zabo no mu kinyabupfura cy’ubunyamwuga basanganywe kugira ngo batazasiga icyasha indangagaciro z’Abanyarwanda.

Mu mpera z’ijambo rye. Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda n’inzego zose z’umutekano Paul Kagame yabwiye abashinzwe umutekano ko no mu mwaka wa 2023 bagomba gukomereza aho bari bagejeje kugira ibyo Abanyarwanda bagezeho biyushye akuya hatazagira ubihungabanya.

END OF YEAR MESSAGE BY H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RDF TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES pic.twitter.com/exKdUeXqkh

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 29, 2022

TAGGED:featuredIngaboKagameMozambiqueRepubulikaUmutekanoUrugamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage 25,000 Ba DRC Bafashwe Binjiye Muri Angola Mu Buryo Butemewe
Next Article Pele Yatabarutse Azize Cancer
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?