Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano

admin
Last updated: 17 May 2021 3:54 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, amwizeza gushyigikira igihugu cye mu rugamba rwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu cye.

Kagame ari mu ruzinduko mu Bufaransa, aho kuri uyu wa Kabiri azitabira inama ku buryo bwo gutera inkunga ubukungu bwa Afurika muri ibi bihe bya COVID-19.

Ibiro bya Perezida wa RDC byatangaje ko byari ngombwa ko Tshisekedi uyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, ahura n’abayobozi bagenzi be ngo bategure umurongo uhuriweho uzashyirwa imbere mu nama y’i Paris.

Ibyo biro byanditse kuri Twitter biti “Mu gusoza ibiganiro, Perezida Kagame wari unyuzwe, yashimye gahunda ya Perezida Tshisekedi ndetse agaragaza ko yiteguye gufasha RDC muri gahunda zose zashyizweho zigamije gukaza umutekano mu gice cy’Iburasirazuba, gihana imbibi n’igihugu cye.”

Au sortir de l'audience, le Président Kagame,l'air satisfait, a salué l'initiative du Président Tshisekedi et a exprimé sa détermination d'accompagner la RDC dans toutes les initiatives mises en place en vue de renforcer la sécurité dans sa partie Est, frontalière à son pays.

— Présidence RDC 🇨🇩 (@Presidence_RDC) May 17, 2021

Tshisekedi aherutse gushyiraho ba Guverineri b’abasirikare mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru ikora ku Burengerazuba bw’u Rwanda, no mu Ntara ya Ituri, nyuma yo kuzishyira mu bihe bidasanzwe kubera imitwe yitwaje intwaro yari yarahagize indiri yayo.

U Rwanda na Congo bimaze igihe biganira ku bufatanye mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, yaba ikomoka imbere mu gihugu cyangwa mu mahanga.

U Rwanda rufite inyungu mu mutekano w’Uburazirazuba bwa RDC kuko hihisheyo imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, irimo FDLR, P5, FLN, CNRD n’indi myinshi y’iterabwoba.

TAGGED:featuredPaul KagameTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Davis D Yaririmbye Agahinda Ke Nyuma Yo Gufungurwa
Next Article Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?