Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano

Last updated: 17 May 2021 3:54 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, amwizeza gushyigikira igihugu cye mu rugamba rwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu cye.

Kagame ari mu ruzinduko mu Bufaransa, aho kuri uyu wa Kabiri azitabira inama ku buryo bwo gutera inkunga ubukungu bwa Afurika muri ibi bihe bya COVID-19.

Ibiro bya Perezida wa RDC byatangaje ko byari ngombwa ko Tshisekedi uyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, ahura n’abayobozi bagenzi be ngo bategure umurongo uhuriweho uzashyirwa imbere mu nama y’i Paris.

Ibyo biro byanditse kuri Twitter biti “Mu gusoza ibiganiro, Perezida Kagame wari unyuzwe, yashimye gahunda ya Perezida Tshisekedi ndetse agaragaza ko yiteguye gufasha RDC muri gahunda zose zashyizweho zigamije gukaza umutekano mu gice cy’Iburasirazuba, gihana imbibi n’igihugu cye.”

Au sortir de l'audience, le Président Kagame,l'air satisfait, a salué l'initiative du Président Tshisekedi et a exprimé sa détermination d'accompagner la RDC dans toutes les initiatives mises en place en vue de renforcer la sécurité dans sa partie Est, frontalière à son pays.

— Présidence RDC 🇨🇩 (@Presidence_RDC) May 17, 2021

Tshisekedi aherutse gushyiraho ba Guverineri b’abasirikare mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru ikora ku Burengerazuba bw’u Rwanda, no mu Ntara ya Ituri, nyuma yo kuzishyira mu bihe bidasanzwe kubera imitwe yitwaje intwaro yari yarahagize indiri yayo.

U Rwanda na Congo bimaze igihe biganira ku bufatanye mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, yaba ikomoka imbere mu gihugu cyangwa mu mahanga.

U Rwanda rufite inyungu mu mutekano w’Uburazirazuba bwa RDC kuko hihisheyo imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, irimo FDLR, P5, FLN, CNRD n’indi myinshi y’iterabwoba.

TAGGED:featuredPaul KagameTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Davis D Yaririmbye Agahinda Ke Nyuma Yo Gufungurwa
Next Article Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?