Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano

admin
Last updated: 17 May 2021 3:54 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, amwizeza gushyigikira igihugu cye mu rugamba rwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu cye.

Kagame ari mu ruzinduko mu Bufaransa, aho kuri uyu wa Kabiri azitabira inama ku buryo bwo gutera inkunga ubukungu bwa Afurika muri ibi bihe bya COVID-19.

Ibiro bya Perezida wa RDC byatangaje ko byari ngombwa ko Tshisekedi uyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, ahura n’abayobozi bagenzi be ngo bategure umurongo uhuriweho uzashyirwa imbere mu nama y’i Paris.

Ibyo biro byanditse kuri Twitter biti “Mu gusoza ibiganiro, Perezida Kagame wari unyuzwe, yashimye gahunda ya Perezida Tshisekedi ndetse agaragaza ko yiteguye gufasha RDC muri gahunda zose zashyizweho zigamije gukaza umutekano mu gice cy’Iburasirazuba, gihana imbibi n’igihugu cye.”

Au sortir de l'audience, le Président Kagame,l'air satisfait, a salué l'initiative du Président Tshisekedi et a exprimé sa détermination d'accompagner la RDC dans toutes les initiatives mises en place en vue de renforcer la sécurité dans sa partie Est, frontalière à son pays.

— Présidence RDC 🇨🇩 (@Presidence_RDC) May 17, 2021

Tshisekedi aherutse gushyiraho ba Guverineri b’abasirikare mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru ikora ku Burengerazuba bw’u Rwanda, no mu Ntara ya Ituri, nyuma yo kuzishyira mu bihe bidasanzwe kubera imitwe yitwaje intwaro yari yarahagize indiri yayo.

U Rwanda na Congo bimaze igihe biganira ku bufatanye mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, yaba ikomoka imbere mu gihugu cyangwa mu mahanga.

U Rwanda rufite inyungu mu mutekano w’Uburazirazuba bwa RDC kuko hihisheyo imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, irimo FDLR, P5, FLN, CNRD n’indi myinshi y’iterabwoba.

TAGGED:featuredPaul KagameTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Davis D Yaririmbye Agahinda Ke Nyuma Yo Gufungurwa
Next Article Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?