Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Macron Azageza Ijambo Ku Barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Macron Azageza Ijambo Ku Barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi

admin
Last updated: 24 May 2021 10:05 am
admin
Share
SHARE

Mu ruzinduko biteganywa ko azagirira mu Rwanda mu minsi mike iri imbere, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron azunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, anageze ijambo ku barokotse.

Ni urugendo azakorera mu Rwanda agakomereza muri Afurika y’Epfo. Azahaguruka i Paris ku wa 26 Gicurasi, asubireyo ku wa 29 Gicurasi.

Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa, Élysée, byemeje ko uru ruzinduko rugamije kwandika amateka mashya, nyuma y’imbaraga zimaze igihe zishyirwa mu kuzahura umubano w’icyo gihugu n’u Rwanda, mu myaka itatu n’igice ishize.

Biteganyijwe ko Macron azasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, ndetse akazahavugira ijambo.

Ikinyamakuru LADEPECHE cyatangaje ko umwe mu bantu be ba hafi yagize ati “Perezida azunamira abazize jenoside, anageze ijambo ku barokotse. Twizeye ko tuzabona amagambo akwiriye yo kubwira bariya bantu.”

Élysée yatangaje ko igikenewe ku rubyiruko rwa Afurika n’u Bufaransa ari ukuvuga ukuri ku ruhare u Bufaransa muri biriya bihe, kandi ko bwiteguye gusubiza ubwo busabe.

Uru ruzinduko nubwo rumaze igihe rutegurwa, rugiye kuba nyuma ya raporo y’abahanga mu mateka b’Abafaransa, berekanye ko icyo gihugu gifite uruhare rukomeye mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Gusa nta bimenyetso byigeze byerekana ko bwayigizemo uruhare mu buryo butaziguye.

Raporo yakozwe n’u Rwanda nayo yashimangiye uruhare rw’u Bufaransa muri ariya mateka.

Ibihugu byombi bishimangira ko bimaze kubona uburyo buhuriweho bwo kubaka umubano mushya, bikabasha kurenga ibyo bibazo.

Byitezwe ko izindi ngingo zizaganirwaho muri uru ruzinduko harimo izijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, ikoranabuhanga n’uburinganire.

Uretse gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Macron azafungura Centre Culturel Francophone iherereye mu Mujyi wa Kigali ku Kimihurura.

TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakuru B’Inteko Zishinga Amategeko Z’Ibihugu Bivuga Igifaransa Bari Mu Rwanda
Next Article Bruce Melodie N’Umunya Senegal Mu Ndirimbo Itangiza Imikino ya BAL
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?