Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Yasuye U Rwanda Yitwaje Inkingo Za COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Macron Yasuye U Rwanda Yitwaje Inkingo Za COVID-19

Last updated: 27 May 2021 4:01 pm
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yavuze ko yaje mu Rwanda yitwaje inkingo zisaga 100.000 za COVID-19, agaragaza ubushake bwo gukomeza gukorana mu guhangana n’iki cyorezo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru muri Village Urugwiro kuri uyu wa Kane, Macron yavuze ko u Bufaransa bwakomeje gufatanya n’u Rwanda mu bijyanye no guhangana na COVID-19.

Uretse gufatanya mu kubona inkingo, ubu harimo kunozwa ubufatanye bwo gusangira ikoranabuhanga ryo kuzikora.

Macron yakomeje ati “Uyu munsi mu gitondo twazanye inkingo zisaga ibihumbi 100 zigenewe igihugu cyanyu, binyuze muri gahunda ya COVAX.”

Uretse mu bijyanye n’inkingo, Macron yanavuze ko guhera mu 2020, Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe iterambere, AFD, cyahaye u Rwanda inkunga igera muri miliyoni zisaga 100 z’amayero mu kurufasha guhangana na COVID-19, ndetse hari indi mishinga iri mu nzira.

Yavuze ko muri rusange kuva mu 2019 hamaze gutangwa miliyoni zisaga miliyoni 130 z’amayero, mu mishinga irimo amashanyarazi mu cyaro n’amahugurwa.

Yakomeje avuga ko ibihugu byombi byiyemeje kugeza kure ubwo bufatanye, muri gahunda ya miliyoni 500 z’amayero hagati ya 2019-2023, azakoreshwa mu bintu binini birimo kuganirwaho n’u Rwanda, by’umwihariko mu buzima, ikoranabuhanga na Francophonie.

Perezida Kagame yashimiye Macron wahaye u Rwanda iriya mpano.

Ati “Wakoze kuza witwaje inkingo zari zikenewe cyane, ndatekereza ko byafashe umwanya munini mu ndege yawe, washoboraga kuzana abantu benshi ariko washatse uko wabona umwanya w’inkingo. Twari tuzikeneye cyane kandi ndatekereza ko ari cyo inshuti ziberaho.”

Ntabwo hatangajwe ubwoko bwa ziriya nkingo.

Kugeza ubu abantu babamze gukingirwa mu Rwanda ni 350.400.

Intego ni ugukingira abaturarwanda miliyoni 7.8 mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira.

 

 

 

TAGGED:COVID-19Emmanuel MacronfeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Macron Yemeye Uruhare Rw’u Bufaransa Muri Jenoside
Next Article Zinedine Zidane Yasezeye Ku Gutoza Real Madrid
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

You Might Also Like

Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?