Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Yasuye U Rwanda Yitwaje Inkingo Za COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Macron Yasuye U Rwanda Yitwaje Inkingo Za COVID-19

admin
Last updated: 27 May 2021 4:01 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yavuze ko yaje mu Rwanda yitwaje inkingo zisaga 100.000 za COVID-19, agaragaza ubushake bwo gukomeza gukorana mu guhangana n’iki cyorezo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru muri Village Urugwiro kuri uyu wa Kane, Macron yavuze ko u Bufaransa bwakomeje gufatanya n’u Rwanda mu bijyanye no guhangana na COVID-19.

Uretse gufatanya mu kubona inkingo, ubu harimo kunozwa ubufatanye bwo gusangira ikoranabuhanga ryo kuzikora.

Macron yakomeje ati “Uyu munsi mu gitondo twazanye inkingo zisaga ibihumbi 100 zigenewe igihugu cyanyu, binyuze muri gahunda ya COVAX.”

Uretse mu bijyanye n’inkingo, Macron yanavuze ko guhera mu 2020, Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe iterambere, AFD, cyahaye u Rwanda inkunga igera muri miliyoni zisaga 100 z’amayero mu kurufasha guhangana na COVID-19, ndetse hari indi mishinga iri mu nzira.

Yavuze ko muri rusange kuva mu 2019 hamaze gutangwa miliyoni zisaga miliyoni 130 z’amayero, mu mishinga irimo amashanyarazi mu cyaro n’amahugurwa.

Yakomeje avuga ko ibihugu byombi byiyemeje kugeza kure ubwo bufatanye, muri gahunda ya miliyoni 500 z’amayero hagati ya 2019-2023, azakoreshwa mu bintu binini birimo kuganirwaho n’u Rwanda, by’umwihariko mu buzima, ikoranabuhanga na Francophonie.

Perezida Kagame yashimiye Macron wahaye u Rwanda iriya mpano.

Ati “Wakoze kuza witwaje inkingo zari zikenewe cyane, ndatekereza ko byafashe umwanya munini mu ndege yawe, washoboraga kuzana abantu benshi ariko washatse uko wabona umwanya w’inkingo. Twari tuzikeneye cyane kandi ndatekereza ko ari cyo inshuti ziberaho.”

Ntabwo hatangajwe ubwoko bwa ziriya nkingo.

Kugeza ubu abantu babamze gukingirwa mu Rwanda ni 350.400.

Intego ni ugukingira abaturarwanda miliyoni 7.8 mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira.

 

 

 

TAGGED:COVID-19Emmanuel MacronfeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Macron Yemeye Uruhare Rw’u Bufaransa Muri Jenoside
Next Article Zinedine Zidane Yasezeye Ku Gutoza Real Madrid
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?