Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Afite Urugendo Muri Kenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Afite Urugendo Muri Kenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2021 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gusura Uganda akaganira na mugenzi we Perzida Yoweli Museveni, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye arajya mu Kenya kuri uyu wa Mbere mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Azaganira na  mugenzi we Uhuru Kenyatta ku ngingo zirimo ubufatanye mu by’ubukungu no mu zindi nzego.

Azifatanya kandi n’abaturage ba Kenya kwizihiza umunsi bita ‘ Madaraka Day’, uyu ukaba ari umunsi abaturage ba kiriya gihugu baboneyeho ubwigenge bipakuruye ubukoloni bw’Abongereza.

Hari muri 1963.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abongereza batangiye gukoloniza Abanya Kenya guhera mu mwaka wa 1920.

Itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe n’Ibiro by’Umukuru w’u Burundi rigashyirwaho umukono na Ambasaderi Willy Nyamitwe, rivuga ko Perezida Ndayishimiye ari buherekezwe n’umugore we Madamu Angelique Ndayishimiye.

Umubano w’u Burundi na Kenya umaze igihe ariko muri 2011 nibwo wongewemo imbaraga.

Muri uriya mwaka nibwo abategetsi ku mpande zombi basinye amasezerano y’ubufatanye mu by’ubuhinzi n’uburobyi.

Hari andi masezerano yasinywe muri uriya mwaka arebana n’ubutwererane mu bya gisirikare, uburezi n’ingufu.

- Advertisement -

Mu Burundi ubwo havukaga amakimbirane ya Politiki, hari bamwe mu babutuye bahungiye muri Kenya.

Kenya n’u Burundi kandi ni bimwe mu bihugu byo mu Karere k’Ibiyaga bigari bivuga Igiswayire.

Mu Ugushyingo 2007, nibwo Kenya yafunguye ibiro biyihagarariye i Bujumbura.

Itangazo ryo mu Biro bya Perezida Ndayishimiye

U Burundi na Kenya biri mu Muryango w’ibihugu by’Afurika y’i Burasirazuba, East African Community (EAC).

Mu Burundi hari ibigo by’imari byo muri Kenya birimo Kenya Commercial Bank n’indi yitwa Diamond Trust Bank.

Hari abaturage b’u Burundi bajya guhugurirwa muri Kenya mu bintu bitandukanye harimo imikorere ya gasutamo ndetse n’igisirikare n’izindi nzego.

TAGGED:BurundifeaturedKenyaNdayishimiyeUhuruUrugendoUruzinduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyiragongo: ‘Bombe Ya Karahabutaka’ Mu Karere U Rwanda Rurimo
Next Article Mali Yakomanyirijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?