Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Arashaka Guca Abayobozi B’Intakoreka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Arashaka Guca Abayobozi B’Intakoreka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2023 8:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yayoboraga umuhango wo gushyira ho Guverineri mushya w’Intara ya Rumonge, Perezida Evariste Ndayishimiye yavuze ko abayobozi bigize intakoreka ngo barakomeye, bari bakwiye kubivamo bakubaha ababayobora.

Umuhango wo kwimika Guverineri mushya wa Rumonge witwa Léonard Niyonsaba wabereye kuri Stade Izere.

Perezida  Evariste Ndayishimiye yavuze ko bibabaje kuba hari abayobozi bagitekereza ko igihugu kikiri mu bihe by’intambara ya kinyeshyamba.

Avuga ko u Burundi bwabaye igihugu cy’amahoro, kiri kwiyubaka kandi ko buri muturage wacyo akwiye kubaha abamuyobora, buri muyobozi akamenya ko gukorana n’abandi ari byo bimugeza ku ntego yihaye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabwiye Guverineri Léonard Niyonsaba ko mu nshingano zihutirwa afite harimo iyo gukuraho burundu abantu bigize rutare badashaka kumvira gahunda ya guverinoma irimo n’imiyoborere iboneye y’Intara ya Rumonge.

Yibukije Niyonsaba ko ari we Guverineri wa Rumonge, ko ntawe ukwiye kumuvugiramo cyangwa ngo ajye yitambika imigambi ye.

Perezida Ndayishimiye yabwiye Guverineri Léonard Niyonsaba ati: “ Hari abibwira ko ari intakoreka muri iyi Ntara. Uzagusuzugura nanjye azaba ansuzuguye, ubwo uzakore igikwiye.”

Hagati aho hari abantu bahoze bayobora Komite z’Intara ya Rumonge bakurikiranyweho gukoresha nabi umutungo wa Leta.

Muri bo harimo uwahoze ayibereye Guverineri witwa Consolateur Nitunga waje kugirwa umujyanama muri Ambasade y’u Burundi i Kinshasa.

- Advertisement -

Ikinyamakuru Burundi Iwacu cyanditse ko Consolateur Nitunga ari hafi guhamagazwa mu Burundi kugira ngo agire ibyo abazwa ku ruhare yagize mu  inyerezwa ry’amafaranga yavanywe mu kigega cya Leta.

Mu Ukuboza, 2022 hari abandi bayobozi barimo uwa Komini ya Bugarama, Rumonge na Buyengero batawe muri yombi bakurikiranyweho gukoresha nabi umutungo wa Leta.

Izi zose ni Komini zigize Intara ya Rumonge.

TAGGED:AbayoboziBurundiNdayishimiyeRumongeRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Iby’Imodoka Zishaje Zitwara Abanyeshuri Byasubiwemo
Next Article Umubano W’u Bushinwa N’Afurika Ukomeje Kwaguka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?