Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Ntasiba Misa Yitabirwa N’Abatambaye Agapfukamunwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Ntasiba Misa Yitabirwa N’Abatambaye Agapfukamunwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2021 9:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari ku itariki 15, Mutarama, 2021, ubwo Ibiro by’Umukuru w’u Burundi byasohoraga itangazo rivuga ko ababikoramo bose bagomba kuza mu kazi bambaye agapfukamunwa. Icyo gihe hari kuwa Gatanu. Nyuma y’iminsi ibiri, ni ukuvuga tariki 17, Mutarama, 2021, Perezida Ndayishimiye n’Umufasha we bagiye mu Misa yari yitabiriwe n’Abakirisitu benshi ariko batambaye agapfukamunwa. Iyi Misa yabereye kuri Paruwasi ya Murayi

Abahanga mu by’ibyorezo cyane cyane abazi uko COVID-19 yandura batanga inama y’uko abantu bagomba kwambara agapfukamunwa n’amazuru neza kandi bagahana intera.

N’ubwo abantu bashobora kujya mu Misa cyangwa ahandi bahurira ari benshi babanje gupimwa ko batanduye, mu rwego rwo kugira amakenga, baba bagomba guhana intera.

Amafoto yafashwe n’Ikigo cy’u Burundi gishinzwe itangazamakuru, Radio- Television Nationale Burundaise(RTNB) kikayashyira kuri Twitter, yerekana ko  Misa zitabirwa na Perezida Evariste Ndayishimiye nta muntu uba wambaye agapfukamunwa kandi nta ntera ihagije baba bahanye.

Kuri iki Cyumweru tariki 31, Mutarama, 2021 nabwo  Perezida Ndayishimiye yigiye muri Misa yabereye muri Paruwasi ya Muzinda iri muri Diyoseze ya Bubanza, ayifatanyamo n’abantu batambaye agapfukamunwa.

Iyi Misa yari irimo n’Abadepite n’abandi bayobozi mu nzego nkuru n’izegereye abaturage aho i Bubanza.

Ibi biri gukorwa mu gihe imibare y’abandura COVID-19 ikomeza kuzamuka.

Nta kirekire gishize mu Burundi hagaragaye abantu 40 banduye COVID-19 mu masaha 48. Ni ubwa mbere byari bibaye.

Byakanguye inzego z’ubuzima zibona ko hagomba gufatwa izindi ngamba.

Nibwo Minisititi w’ubuzima Thaddée Ndikumana yatangaje ibi: “ Mu bantu 284 duherutse gupima twasanze 30 baranduye baza biyongera ku bandi 10 bari banduye mu masaha 24 yari ashize. Ni umubare munini mu gihe cy’iminsi ibiri.”

Mbere y’ibi, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yari aherutse kuburira abaturage be ko uzica amabwiriza yo kwirinda COVID-19 azabihanirwa.

Abagize Korali baba baririmba mu ijwi riranguruye kandi begeranye
Abakirisitu bafite imyaka itandukanye bitabira Misa nta ntera ya metero nta n’agapfukamunwa
Perezida Ndayishimiye ntakunda gusiba Misa. Aba ari kumwe n’Umufasha we Angelique Ndayishimiye
Abana, Inkumi, Abakecuru…baba baje gushimira Imana ko bagihumeka bayisaba n’imigisha y’ejo hazaza
TAGGED:BurundiCOVID-19featuredMisaNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarwanyi Bo Muri Centrafrique Bategetswe Gushyira Intwaro Hasi
Next Article Ubutumwa Bwa Polisi Ku Mupira Uhuza Amavubi Na Guinée
1 Comment
  • Ngororeyabahinda says:
    03 February 2021 at 5:07 am

    Ariko Imana nayo yaragowe.Imana ifasha uwifashije.Harya Nkurunziza yagihe he? ari muri mission cyangwa Corona yaramuduganye. Urupfu rwa Petero Nkurunziza n’akarorero, iyo utirinze Covid, hewe, ntabwo ikina , irakurahira nukuri.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?