Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Yagiranye Ibiganiro Na Mugenzi We W’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Ndayishimiye Yagiranye Ibiganiro Na Mugenzi We W’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2023 7:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva yajya ku butegetsi mu myaka mike ishize, nibwo Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro byihariye na Perezida Paul Kagame.

Hari mu biganiro bagiranye nyuma yo kwitabira ibiganiro byaguye byahuje abayobozi b’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba, EAC, byatumijwe na Evariste Ndayishimiye nk’umuyobozi wawo.

Yabatumiye kugira ngo baganire uko umutekano umaze iminsi ushakishwa mu Burasirazuba bwa DRC wagaruka mu buryo burambye.

Ku byerekeye ibikubiye mu biganiro Kagame yagiranye na Ndayishimiye nta ngingo zirambuye zirabitangazwaho.

Icyakora bashobora kuba bagarutse ku bibazo bimaze iminsi byarazanye igitotsi hagati y’ibihugu byombi byatumye umubano uhagarara, bakarebera hamwe uko ibintu byose byatunganywa.

Mu mezi make ashize, imipaka ihuza Kigali na GItega yarafunguwe, abaturage bongera kugendereranira.
Icyakora u Burundi bwo buvuga ko u Rwanda rugicumbikiye abantu bateguye coup d’état yaburijwemo mu mwaka wa 2015.

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame aherutse kubwira Jeune Afrique ko umubano w’u Rwanda n’u Burundi umeze neza muri rusange, ko n;utubazo tugihari tuzaganirwaho tugacyemuka.

Perezida Kagame yagize ati: “…Naho ibintu biragenda neza. Mu gihugu cyacu dufite impunzi z’Abarundi ducumbikiye kandi muri zo hari izo ubutegetsi bw’u Burundi bufata nk’impunzi za Politiki zitavuga rumwe na Leta. Iki kibazo kiracyahari ariko icy’ingenzi ni uko hari ubushake bwo kugishakira igisubizo…”

Ibi ni nabyo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta aherutse kubwira Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yari yamutumije ngo ayibwire uko umubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye narwo uhagaze.

Yavuze ko muri rusange umeze uretse uwarwo na Repubulika ya Demukarasi ya Congo, DRC.

Ku byerekeye umubano w’u Rwanda n’u Burundi, abaturage b’ibihugu byombi baragenderanira ndetse abahanzi b’Abanyarwanda bamaze igihe bajya gususurutsa Abarundi bakunda umuziki muri rusange n’uw’Abanyarwanda by’umwihariko.

TAGGED:AbaturageBurundifeaturedKagameNdayishimiyeRwandaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yafashwe Nyuma Y’Imyaka 16 Ashakishwa
Next Article Umuturage Wa Israel Yasabye Ko Benyamini Netanyahu Yicwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?