Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Equatorial Guinea Yatorewe Manda Ya ‘Gatandatu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Equatorial Guinea Yatorewe Manda Ya ‘Gatandatu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2022 8:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Teodoro Obiang Nguema Mbasogo w’imyaka  80 y’amavuko niwe watangajwe ko yatsindiye kuyobora kiriya gihugu muri manda ye ya gatandatu. Asanzwe ari Perezida umaze igihe kinini ku isi ‘ayobora igihugu.’

Komisiyo y’igihugu y’amatora ivuga ko uriya mukambwe yatsinze amatora ku majwi angana na  95%.

Hashize iminsi itandatu amatora y’Umukuru w’igihugu abaye muri Equatorial Guinea.

N’ubwo hari abatavuga rumwe na Leta ye bahagurutse bariyamamaza ngo barebe ko bamushyigura ku ntebe y’ubutegetsi, ariko nta n’umwe urabishobora kugeza ubu.

Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yagiye k’ubutegetsi mu mwaka wa 1979 akoze coup d’état.

Kuva icyo gihe kugeza ubu aracyategeka n’ubwo hari abagerageje kumuhirika bakoresheje uburyo nawe yakoresheje ngo agere k’ubutegetsi.

Barabigerageje biranga.

Ajya k’ubutegetsi, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yari ahiritse Nyirarume witwa Francisco Macias Nguema.

Abamunenga bavuga ko n’ubwo hari ibyo yakoze ngo ateze imbere igihugu mu by’ubukungu, yanize itangazamakuru ndetse ngo n’iryitwa ko ryigenga rikorera ‘mu kwaha’ kwa Leta cyangwa kw’abakorana nayo mu buryo buziguye.

Muri iki gihe bivugirwa mu gikari aho ab’ika mbere baganirira ko  mu butegetsi bwa Teodoro Obiang Nguema Mbasogo iyi manda azayikoresha mu gutuma isura afite imbere y’amahanga iba nziza.

N’ikimenyimenyi ni uko aherutse gukuraho igihano cy’urupfu kandi byashimishije Umuryango w’Abibumbye.

Iki ni igihugu gito gikize kuri petelori kandi gituwe n'abaturage bakeEquatorial  Guinea  ni kimwe mu bihugu by’Afurika bikize ku bikomoka kuri Peteroli.

Iya mbere yavumbuwe muri iki gihugu mu mwaka wa 1996.

Ni igihugu gituwe n’abaturage bake kuko ari Miliyoni 1.4.

TAGGED:AmatorafeaturedGuineaMandaPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Umuyobozi Wungirije W’Ingabo Muri Butembo Yarurokotse
Next Article Umunyarwandakazi Yatorewe Kuyobora Ihuriro Ry’Abanyamategeko Ba EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?