Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Equatorial Guinea Yatorewe Manda Ya ‘Gatandatu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Equatorial Guinea Yatorewe Manda Ya ‘Gatandatu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2022 8:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Teodoro Obiang Nguema Mbasogo w’imyaka  80 y’amavuko niwe watangajwe ko yatsindiye kuyobora kiriya gihugu muri manda ye ya gatandatu. Asanzwe ari Perezida umaze igihe kinini ku isi ‘ayobora igihugu.’

Komisiyo y’igihugu y’amatora ivuga ko uriya mukambwe yatsinze amatora ku majwi angana na  95%.

Hashize iminsi itandatu amatora y’Umukuru w’igihugu abaye muri Equatorial Guinea.

N’ubwo hari abatavuga rumwe na Leta ye bahagurutse bariyamamaza ngo barebe ko bamushyigura ku ntebe y’ubutegetsi, ariko nta n’umwe urabishobora kugeza ubu.

Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yagiye k’ubutegetsi mu mwaka wa 1979 akoze coup d’état.

Kuva icyo gihe kugeza ubu aracyategeka n’ubwo hari abagerageje kumuhirika bakoresheje uburyo nawe yakoresheje ngo agere k’ubutegetsi.

Barabigerageje biranga.

Ajya k’ubutegetsi, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yari ahiritse Nyirarume witwa Francisco Macias Nguema.

Abamunenga bavuga ko n’ubwo hari ibyo yakoze ngo ateze imbere igihugu mu by’ubukungu, yanize itangazamakuru ndetse ngo n’iryitwa ko ryigenga rikorera ‘mu kwaha’ kwa Leta cyangwa kw’abakorana nayo mu buryo buziguye.

Muri iki gihe bivugirwa mu gikari aho ab’ika mbere baganirira ko  mu butegetsi bwa Teodoro Obiang Nguema Mbasogo iyi manda azayikoresha mu gutuma isura afite imbere y’amahanga iba nziza.

N’ikimenyimenyi ni uko aherutse gukuraho igihano cy’urupfu kandi byashimishije Umuryango w’Abibumbye.

Iki ni igihugu gito gikize kuri petelori kandi gituwe n'abaturage bakeEquatorial  Guinea  ni kimwe mu bihugu by’Afurika bikize ku bikomoka kuri Peteroli.

Iya mbere yavumbuwe muri iki gihugu mu mwaka wa 1996.

Ni igihugu gituwe n’abaturage bake kuko ari Miliyoni 1.4.

TAGGED:AmatorafeaturedGuineaMandaPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Umuyobozi Wungirije W’Ingabo Muri Butembo Yarurokotse
Next Article Umunyarwandakazi Yatorewe Kuyobora Ihuriro Ry’Abanyamategeko Ba EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?