Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Hungary Yishimiye Kuba Uwa Mbere Usuye u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Hungary Yishimiye Kuba Uwa Mbere Usuye u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2023 6:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Katalin Novák yanditse kuri Twitter ko yishimiye kuba ari we Perezida wa Hungary wa mbere usuye u Rwanda.

Ashima uko Abanyarwanda bamwakiriye ariko by’umwihariko uko Perezida wabo yamwikiriye ngo byabaye imbarutso y’umubano urambye hagati ya Kigali na Budapest.

Novák yanditse ati: “Wakoze Perezida Kagame n’abaturage b’u Rwanda kubera uko mwanyakiranye urugwiro. Kuba mbaye Perezida wa mbere wa Hungary usuye u Rwanda ni intambwe izandikwa mu mateka  kandi ikaba intangiriro y’umubano urambye hagati y’ibihugu byacu.”

Madamu Katalin Novák ari mu Rwanda mu rwego rwo kwitabira inama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’umugore yitwa Women Deliver 2023 Conference.

Ni inama ibaye ku nshuro ya gatandatu ariko ikaba ibaye iya mbere ibereye muri Afurika.

U Rwanda rwishimiye ko ari rwo ruyakiriye.

Katalin Novák ni muntu ki?

Katalin Novák

Katalin Éva Veresné Novák yavutse taliki 06, Nzeri, 1977.

Yatorewe kuyobora Hungary mu mwaka wa 2022 kandi niwe mugore wa mbere wayoboye iki gihugu akaba ari nawe Perezida ukiri muto mu bandi bose bakiyoboye.

Yatowe afite imyaka 44 y’amavuko.

Mbere yahoze ari mu Nteko ishinga amategeko akaba yarayigezemo mu mwaka wa 2018.

Yigeze kumara umwaka umwe ari Minisitiri w’iterambere ry’umuryango ni ukuvuga guhera mu mwaka wa 2020 kugeza mu mwaka wa 2021.

Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu kigo kitwa Ságvári Endre Secondary School mu mwaka wa 1996,  Novák yize ubukungu muri Kaminuza yitwa Corvinus University y’i Budapest nyuma akomeza kwiga amategeko muri Kaminuza ya Szeged.

Yakomeje kandi no kwiga hanze y’igihugu cye kuko yize muri Kaminuza ya Nanterre mu Bufaransa.

Uretse ururimi rw’iwabo kavukire, Novák avuga Icyongereza, Igifaransa, Ikidage n’Igisipanyolo.

Katalin Novák ni umugore ufite umugabo umwe n’abana batatu.

Umugabo we ni umuhanga mu by’ubukungu witwa  István Veres akaba umuyobozi muri Banki nkuru ya Hungary ushinzwe iby’isoko ry’imari n’imigabane ndetse n’ivunjisha mpuzamahanga.

Madamu Novák ni Umukirisitu.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedHungaryKagamePerezidaUbukunguUmukirisitu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umurambo Wa Sgt Tabaro Wagejejwe I Kigali
Next Article Madamu Wa Perezida W’u Burundi Ategerejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

You Might Also Like

Imikino

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?