Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Malawi Yasabye Ingabo Ze Kuva Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Perezida Wa Malawi Yasabye Ingabo Ze Kuva Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2025 6:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bamwe mu basirikare ba Malawi
SHARE

Ingabo za Malawi zakoreraga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC zasabwe gutangira kwitegura gutaha.

Bikubiye mu butumwa Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yahaye Umugaba mukuru w’ingabo ze ngo atangire arebe uko bizakorwa kandi bidatinze.

Malawi yari isanzwe ifite ingabo zagiye mu butumwa bwa SADC yagiye gukorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ifatanyije na Afurika y’Epfo na Tanzania.

Biswe SAMIDRC, bukaba bwari bugamije gufasha ingabo za DRC guhangana n’abarwanyi ba M23.

Ubutegetsi bwa Malawi bwanzuye ko abasirikare bayo bataha mu rwego rwo koroshya ibiganiro by’amahoro bishobora kuzaba mu gihe kiri imbere kugira ngo imirwano ihagarare.

Abadepite bagize Komisiyo y’Umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo nabo baherutse gusaba Guverinoma yabo kuvana Ingabo z’icyo gihugu mu Burasirazuba bwa Congo.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Minisitiri w’ingabo wa Afurika y’Epfo witwa Angie Motshekga ari kumwe n’Umugaba wazo bitabye Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo batange ibisobanuro ku mpamvu ingabo bashinzwe  ziri muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo mu butumwa bwa SADC.

Ibisobanuro batanze ntibyanyuze Abadepite kuko wasangaga badahuza kucyatumye igihugu cyabo kijya muri DRC.

Banenze ko ingabo zabo ziri mu bikorwa byo kurinda inyungu z’abantu ku giti cyabo aho kuba ubutumwa bw’amahoro.

Banagaragaje impungege ku bufatanye bw’ingabo za Afurika y’Epfo n’umutwe wa FDLR.

Imirwano iherutse kubera muri Goma yaguyemo abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo n’abanya-Malawi batatu bishwe na  M23 ubwo bafata uyu mujyi.

TAGGED:featuredGomaIngaboIntambaraM23Malawi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amashimwe Rwanda Revenue Yageneye Abatse EBM Yarenze Miliyari Frw 1.5
Next Article Itorero Rwanda Pentecostal Assemblies Ryubatse Ikigo Gihugura Abashumba Baryo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kera Kabaye Ibiribwa N’Imiti Byemerewe Kwinjira Muri Gaza Ku Bwinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?