Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Somalia Yahagaritse Minisitiri W’Intebe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Somalia Yahagaritse Minisitiri W’Intebe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2021 2:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Somalia Mohamed Abdullahi Mohamed yategetse ko Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu witwa Mohamed Hussein Roble ava mu kazi.

Abo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Somalia bavuga ko kiriya cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gufasha iperereza riri kumukorwaho nyuma y’uko aguze isambu ku mahugu binyuze muri ruswa.

Hari abavuga ko impamvu zitangwa n’Ibiro bya Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed ari urwitwazo, ahubwo ko ari kumwigiza ku ruhane kubera kutumvikana ku mikorere y’Inteko ishinga amategeko ya Somalia.

Minisitiri w’Intebe aherutse gushinja Perezida wa Somalia kwivanga mu mikorere y’Inteko ishinga amategeko kandi bisanzwe bizwi ko ntaho biba.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza bitangaza ko Polisi ya Somalia yagose Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ngo ntahirahire abyegera.

Mohamed Hussein Roble

Aba bagabo bombi mu ntangiriro z’uyu mwaka bageze ku masezerano y’uburyo abantu 101 batoranywamo abagize Inteko ishinga amategeko.

Abazatoranywa muri abo 101, nibo bazatoranywamo uzayobora Somalia mu gihe kiri imbere Manda ya Mohamed Abdullahi Mohamed nirangira.

Uyu mwiryane hagati y’abayobozi bakuru muri Somalia ushobora kuzaha urwaho abarwanyi ba Al Shabab bakisuganya bakazakora ishyano mu gihugu.

Guhera mu mwaka wa 1991 Somalia ntiragira amahoro arambye.

- Advertisement -

Muri uriya mwaka nibwo intambara yo gukuraho umunyagitugu Mohamed Siad Barre yatangiye.

Kurangira kwayo ntikwabuze gusiga Somalia mu bibazo byatumye kugeza n’ubu igihugu kikiri mu mutekano mucye.

Mohamed Siad Barre yategetse Somalia guhera mu mwaka wa 1969 kugeza mu mwaka wa 1991.

Mohamed Siad Barre  yari yarategetse guhera mu mwaka wa 1969 kugeza mu mwaka wa 1991.

TAGGED:featuredMinisitiriPerezidaSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Kimihurura Abantu Bane Bapfuye, Bikekwa Ko Bazize Inzoga
Next Article Ijambo Rya Perezida Kagame Rigaragaza Uko Igihugu Gihagaze Mu 2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?