Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Somalia Yahagaritse Minisitiri W’Intebe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Somalia Yahagaritse Minisitiri W’Intebe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2021 2:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Somalia Mohamed Abdullahi Mohamed yategetse ko Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu witwa Mohamed Hussein Roble ava mu kazi.

Abo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Somalia bavuga ko kiriya cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gufasha iperereza riri kumukorwaho nyuma y’uko aguze isambu ku mahugu binyuze muri ruswa.

Hari abavuga ko impamvu zitangwa n’Ibiro bya Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed ari urwitwazo, ahubwo ko ari kumwigiza ku ruhane kubera kutumvikana ku mikorere y’Inteko ishinga amategeko ya Somalia.

Minisitiri w’Intebe aherutse gushinja Perezida wa Somalia kwivanga mu mikorere y’Inteko ishinga amategeko kandi bisanzwe bizwi ko ntaho biba.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza bitangaza ko Polisi ya Somalia yagose Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ngo ntahirahire abyegera.

Mohamed Hussein Roble

Aba bagabo bombi mu ntangiriro z’uyu mwaka bageze ku masezerano y’uburyo abantu 101 batoranywamo abagize Inteko ishinga amategeko.

Abazatoranywa muri abo 101, nibo bazatoranywamo uzayobora Somalia mu gihe kiri imbere Manda ya Mohamed Abdullahi Mohamed nirangira.

Uyu mwiryane hagati y’abayobozi bakuru muri Somalia ushobora kuzaha urwaho abarwanyi ba Al Shabab bakisuganya bakazakora ishyano mu gihugu.

Guhera mu mwaka wa 1991 Somalia ntiragira amahoro arambye.

Muri uriya mwaka nibwo intambara yo gukuraho umunyagitugu Mohamed Siad Barre yatangiye.

Kurangira kwayo ntikwabuze gusiga Somalia mu bibazo byatumye kugeza n’ubu igihugu kikiri mu mutekano mucye.

Mohamed Siad Barre yategetse Somalia guhera mu mwaka wa 1969 kugeza mu mwaka wa 1991.

Mohamed Siad Barre  yari yarategetse guhera mu mwaka wa 1969 kugeza mu mwaka wa 1991.

TAGGED:featuredMinisitiriPerezidaSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Kimihurura Abantu Bane Bapfuye, Bikekwa Ko Bazize Inzoga
Next Article Ijambo Rya Perezida Kagame Rigaragaza Uko Igihugu Gihagaze Mu 2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?