Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida W’u Burundi Na Madamu Bagaragaye Mu Murima Bahinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida W’u Burundi Na Madamu Bagaragaye Mu Murima Bahinga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2022 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Birashoboka ko ari we Perezida wa Repubulika iyo ari yo yose ugaragaye mu murima ari guhingana n’umugore we. Uwo ni Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye wahinganaga n’umugore we bakikijwe n’abaturage nabo bari guhinga.

Hari mu Ntara ya Muramvya ku musozi wa Mpehe aho yari yagiye kwifatanya n’abahatuye gusarura no kwishimira ko bejeje.

Ndayishimiye yashimye abahinzi b’i Muramvya ko bateye hakiri kare, bakeza ariko asaba abashinzwe ubuhinzi kongera imbaraga mu buhinzi bwa kijyambere.

Lors de la récolte des pommes de terre sur la Colline Mpehe @MuramvyaProv, le Président Evariste #Ndayishimiye, qui était accompagné par SE @Burundi1stLady, a interpellé les agronomes #Burundi-ais à adopter les techniques agricoles modernes afin d’augmenter la production. pic.twitter.com/vJY51lnAmV

— Ntare Rushatsi House (@NtareHouse) August 24, 2022

Avuga ko ubu ari bwo buhinzi bugezweho, butuma umuhinzi yihaza mu biribwa ariko akaba yasagurira n’isoko.

U Burundi ni igihugu gituwe n’abaturage batunzwe ahanini n’umusaruro ukomoka ku buhinzi.

Kiri mu bihugu bikennye kurusha ibindi muri Afurika ariko impamvu yabiteye n’intambara z’urudaca ziterwa n’ibibazo bya Politiki byaranze iki gihugu kuva cyabona ubwigenge mu mwaka wa 1962.

N’ubwo u Burundi bukennye, ariko siko byagombye kugenda.

Bufite abaturage b’abahanga kandi bifuza amahoro kugira ngo bakore batere imbere.

U Burundi kandi bufite amabuye y’agaciro yarufasha kuzamura urwego rw’ubucuruzi mpuzamahanga.

Perezida Ndayishimiye akunze kugaragara kenshi ari mu bikorwa bigamije iterambere ry’abaturage birimo n’ubworozi bw’amatungo magufi ariko yororoka vuba nk’ingurube n’ihene.

Aya matungo azwiho gutanga umusaruro vuba k’uburyo zikenura umuntu mu buryo bwihuse.

 

TAGGED:AmatungoBurundiNdayishimiyePerezidaUbuhinziUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Yubuye Hagati Ya Ethiopia N’Abarwanyi Ba Tigray
Next Article Haruna Yasabye Umusifuzi Mpuzamahanga Kutabogama Abitewe N’Indonke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?