Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Peter Greenberg Wakoranye Filimi Na Perezida Kagame Ari Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Peter Greenberg Wakoranye Filimi Na Perezida Kagame Ari Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2023 8:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamerika witwa Peter Greenberg uri mu nshuti z’u Rwanda zikomeye ari mu Rwanda aho ari gutegura ikiganiro yise Global Travel Updates. Muri Mata, 2018 Greenberg yaje mu Rwanda akorana filimi mbarankuru na Perezida Kagame.

Ni filimi yerekana ubwiza  bw’u Rwanda n’amateka yarwo kugeza ku majyambere rwari ruriho muri uwo mwaka, bakaba barayise  Rwanda: The Royal Tour.

Greenberg ari kumwe na Perezida Kagame ubwo basuraga ingagi mu birunga
Hari mu mwaka wa 2018

The Royal Tour ni filimi mbarankuru Greenberg akoreshamo abantu bakomeye ku isi kuko mu myaka icyenda ishize hari iyo yakoranye na Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu.

Mu mwaka wa 2022, nabwo yakoranye iyi filimi na Perezida wa Tanzania witwa Samia Suluhu Hassan.

Hashize imyaka 12 nabwo akoze filimi nk’iyi muri Mexique.

Kuri X, yanditseho ko yaje mu Rwanda akumbuye ingagi zo mu birunga kuko ubwo aheruka, yari yazisuye ari kumwe na Perezida Kagame muri Rwanda bari gukora The Royal Tour.

Avuga ko yishimiye guhura n’umugabo wari ubayoboye icyo gihe witwa François.

Peter Greenberg avuga ko ibikubiye mu ruzinduko yajemo mu gutegura ikiganiro Global Travel Updates bitambuka muri iki kiganiro kiri butambuke kuri uyu wa Kane saa sita zuzuye ku isaha mpuzamahanga, biraba ari saa munani zuzuye ku isaha y’i Kigali.

This week the Global Travel Update comes from #Rwanda. Of course I had to be reunited with my gorilla tracking and ranger team and the legendary Francois (right), who guided me and President Kagame when we shot The Royal Tour. Today’s trek was amazing. Here’s one fearless… pic.twitter.com/yKyEHnTeZV

— Peter S. Greenberg (@PeterSGreenberg) November 1, 2023

 

Ababishaka baraba babikurikirana no ku mbuga nkoranyambaga zose akoresha.

TAGGED:featuredGreenbergIbirungaIngagiKagameUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Muri MINECOFIN Uvugwaho Kwitwara Nabi Yirukanywe
Next Article Polisi Irashaka Ubufatanye Na Leta Yiyunze Y’Abarabu Mu Guhugura Abakozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?