Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Philippines: Inkubi Imaze Guhitana Abantu 123
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Philippines: Inkubi Imaze Guhitana Abantu 123

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2022 11:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inkubi yiswe Megi imaze guhitana abantu 123 mu birwa bya Philippines. Hari ubwoba ko umubare w’abapfuye barenga abamaze kubarurwa kubera ko hari benshi baguweho n’inkangu batarabonwa ngo babarurwe.

Umuyaga mwinshi witwa Megi uri ku gipimo cya gatanu, iki kikaba ari igipimo cyerekana umuyaga ufite imbaraga kuko iyo ugeze ku rwego rwo kwica abantu kuko usenya inzu ukarimbura n’ibiti.

Ikindi kandi ni umuyaga ubanzirizwa cyangwa ugakurikirwa n’imvura nyinshi itera imyuzure.

Kugeza ubu kandi hari abantu 236 bakomerekejwe n’uyu muyaga.

Ingabo za Philippines ziri kugerageza kureba niba hari abantu baba bagihumeka ngo zibatabare.

Megi niyo nkubi ikomeye ihushye mu birwa bya Philippines bigize n’ibirwa 7,600.

Ubusanzwe ku mwaka imiyaga iremereye igera kuri 20 niyo uhuha muri kiriya kirwa kandi imyinshi iba ifite imbaraga, ikagira ibyo isenya igahitana n’abaturage.

Abibasiwe kuri iyi nshuro ni abatuye agace kitwa Leyte.

Ingabo za Philippines zikomeje gushakisha ababa bagihumeka ariko ni akazi katoroshye kuko abagwiriwe n’ibitaka ari benshi kandi baherereye mu bice bigoye kugerwamo.

Ubwo uriya muyaga watangiraga guhuha ku Cyumweru taliki 11, Mata, 2022 wari ufite umuvuduko w’ibilometero 65 ku isaha ariko wagiye wiyongera gahoro gahoro.

Reuters yanditse ko akandi gace kibasiwe ari akitwa Kantagnos kuko n’aho inzu zasenyutse, ibiti birarinduka, amapoto y’amashanyarazi n’ibikorwa remezo bya murandasi birasenyuka.

Kugeza ubu kandi abantu 162,000 bavuye mu byabo barahunga, muri bo abagera ku 41,000 bacumbikiwe mu baturanyi .

Mu Ukuboza, 2021 muri kiriya gihugu habaye indi nkubi yiswe Rai yahitanye abantu 405 abagera ku 1,400 barakomereka.

Mu mwaka wa 2013 inkubi yiswe Haiyan yishe abanya Philipp[ines 6,300, iyi ikaba ari yo nkongi yishe benshi mu mateka ya kiriya gihugu.

TAGGED:featuredIbirwaInkubiPhilippines
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Bakurikiranyweho Kwiba Ibyuma By’Ikigo Cya Koreya Cy’Itumanaho
Next Article Uko Byifashe Aho u Rwanda Rugiye Gusinyana N’u Bwongereza Amasezerano Ku Bimukira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?