Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Irasaba Abanyarwanda Kuyimenyesha Abacuruza Mukorogo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Irasaba Abanyarwanda Kuyimenyesha Abacuruza Mukorogo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2021 3:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera asaba abaturage kujya barya akara Polisi y’u Rwanda igihe bamenye ko kwa runaka bacuruza amavuta atukuza uruhu bita Mukorogo.

Ni ubutumwa yatambukije nyuma y’uko hari abantu babiri Polisi iherutse gufata ibasanganye ibyo yise ‘amoko atandukanye y’amavuta atemewe’.

Ngo  harimo n’ahindura uruhu azwi ku izina rya Mukorogo.

Ubwo berekwaga itangazamakuru, umwe muri bo tutari buvuge amazina yavuze ko yatangiye gucuruza ariya mavuta  muri Nyakanga, 2021.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Polisi ivuga ko yamufatanye  ubwoko  10 bwiganjemo ‘ubwoko’ bwa mukorogo.

Iperereza rya Polisi ngo ryasanze uriya mugabo  yarayahabwaga n’abantu bayakura mu gihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo andi akayahabwa n’abayakura muri Uganda.

Uriya mugabo yabwiye itangazamakuru ati: “ Polisi yamfashe tariki ya 17 Ugushyingo mu gitondo insanze aho ncururiza mu Nyakabanda. Aya mavuta ya mukorogo nyazanirwa n’abagore bayakura muri Congo, ariya ya Movit Jelly nyazanirwa n’umuntu uyakura muri Uganda,  bose simbazi mbona bayazana nkayagura.”

Undi mugabo bafatanywe we yavuze ko abapolisi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Ugushyingo bamusanze aho yacururizaga mu isoko rya Kimisagara bakamusaka bagasanga afite amoko atandatu  y’amavuta ya Mukorogo na Movit.

Aba bagabo bavuze ko bahisemo gucuruza ariya mavuta kubera inyota y’ifaranga

Yemeye ko amaze umwaka wose acuruza ayo mavuta,  ko hari abantu bayamuzanira buhoro buhoro.

- Advertisement -

Aba bagabo bombi bavuga ko bashutswe no gushaka kubona ifaranga.

Twiyongere na Nizeyimana baremera ko bashutswe n’inyungu iri muri ayo mavuta birengagiza ko barimo gukora icyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yashimiye abaturage batanze amakuru, ayo makuru agatuma bariya bantu bafatwa.

Yaburiye abantu  bakwirakwiza amavuta  atujuje ubuziranenge  n’abayagura ko ibyo bakora ari icyaha kandi ko bitinde bitebuke bazafatwa.

CP Kabera ati: “ Ibikorwa byo kurwanya aya mavuta bimaze igihe kandi ntibizigera bihagarara, turongera kwibutsa abacuruza aya mavuta ndetse n’abayabazanira ko bagomba kubireka mu rwego rwo kwirinda ibihano bazabafatirwa umunsi bafashwe. Turashimira abaturage bakomeje kuduha amakuru ari nayo adufasha gufata aba bantu.”

CP Kabera yibukije abantu ko kwisiga ariya mavuta bibangiriza uruhu.

Ati” Ariya mavuta  azwi ku izina rya  mukorogo arimo ibinyabutabire byangiza uruhuru bikaba byagira ingaruka ku buzima bw’uyisize. Abaganga kandi bavuga ko ingaruka zayo zihita zigaragara ku ruhu kuko ruhita rutukura. Turasaba abaturarwanda kwirinda kuyisiga ahubwo bakatumesnyesha aho acururizwa kugira twamagane abayacuruza”

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 266 ivuga ko   Umuntu wese ukora, ugurisha, utanga ibintu bibujijwe bikurikira: umuti; ibintu bihumanya; ibintu binoza cyangwa bisukura umubiri; ibindi bikomoka ku bimera; aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:AbacuruzifeaturedKaberamukorogoPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Noheli Ishyushye! Agaseke Canal + Ihishiye Abayikunda
Next Article Barifuza Ko Abatuye U Rwanda Bose Babona Amazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?