Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Iti: ‘Abageni Barenza Umubare w’Abatumirwa Bazerekwa Itangazamakuru’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Polisi Iti: ‘Abageni Barenza Umubare w’Abatumirwa Bazerekwa Itangazamakuru’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 4:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera avuga ko mu minsi ishize Polisi yabonye abageni barenza umubare wemewe w’abatumirwa mu bukwe. Yababuriye ko abazafatwa bazerekwa itangazamakuru ko bishe ariya  mabwiriza.

Hari mu kiganiro yari yitabiriye kirimo ba Minisitiri barimo uw’ubuzima, uw’ubutegetsi bw’igihugu n’uw’uburezi bari bitabiriye ikiganiro n’abanyamakuru kugira ngo babasobanurire iby’ingamba nshya ziherutse gutangazwa zo kwirinda COVID-19.

CP Kabera avuga ko bidakwiye ko abantu birara ngo bumve ko kuba hari ingamba zorohejwe bitagombye guha abantu urwaho rwo kwirara ngo bumve ko COVID-19 yacitse.

Si abageni gusa Polisi yahaye umuburo kuko n’abandi barimo abanyamakuru, abahanzi n’abandi nabo ubareba.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko icyerekana ko abantu biraye ari uko muri iki gitondo hari abantu 39,  Polisi y’u Rwanda yeretse abanyamakuru barimo n’abanyamakuru.

Polisi y’u Rwanda kandi yasabye abaturage ko mu gihe cyo kwizihiza Pasika bazakora uko bishoboka kose bakirinda kwanduzanya kandi bakareka ingendo zitari ngombwa.

Umuvugizi wayo kandi yasabye abo mu turere two mu Majyepfo bashyiriweho isaha yo kuba bari mu ngo kuyubahiriza, bakirinda ibihano.

Ati: “ Abo mu Turere twa Ruhango, Muhanga, Nyanza, Huye, Gisagara, Nyarugugu na Nyamagabe bakurikize isaha yashyizweho y’uko buri wese aba ari iwe. Babikurikize kuko bizabarinda.”

Mu butumwa buburira, Commissioner Kabera yabwiye Abanyarwanda ko umwaka ushize werekanye ko COVID-19 itananirwa, ko itarambirwa, ko itadohoka, ko idasinzira kandi ko yihinduranya.

TAGGED:COVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Misiri Yabwiye Ethiopia Ko ‘Ushaka Urupfu Asoma Impyisi’
Next Article Abahawe Urukingo Rwa Pfizer Bagiye Guhabwa Urwa Kabiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

IbidukikijeUbukungu

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?