Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Ntiyemeranya N’Abavuga Ko Sophia Zibereyeho Kwinjiza Agafaranga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Polisi Ntiyemeranya N’Abavuga Ko Sophia Zibereyeho Kwinjiza Agafaranga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2024 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
ACP Rutikanga Boniface.
SHARE

Imyaka itanu irashize Polisi y’u Rwanda itangiye kwifashisha camera zigenzura umuvuduko mu kurushaho gukumira ko abantu biruka bikaba byateza impanuka.

Izo camera zikoresha ubwenge buhangano bita ‘Artificial Intelligence’ mu Cyongereza.

Camera ya mbere yo muri ubu bwoko yabanje i Kanzenze mu Karere ka Bugesera muri Nyakanga 2019.

Nyuma y’uko itanze umusaruro w’ibyo yari yiteweho, izindi zahise zishyirwa mu bindi bice by’u Rwanda.

Aho handi harimo Nyagasambu mu Murenge wa Fumbwe muri Rwamagana, Kamonyi, Ryabega muri Nyagatare na Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge.

Kuri ubu izi camera zigaragara henshi ku mihanda yo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara zose z’igihugu.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uretse kuba izo cameras zifasha mu kugabanya umuvuduko hirindwa impanuka, zanashyizweho mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ikoranabuhanga rigezweho mu kazi kayo.

Ese ni cameras zo kwinjiza agafaranga?

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga asobanura ku mikorere yazo, yavuze ko impungenge za bamwe bavuga ko icyo zigamije ari ukwinjiza amafaranga nta shingiro zifite.

Izi cameras zifasha mu kugabanya umuvuduko

Ati: “Hashingiwe ku mikoreshereze yazo hari ubwoko bubiri bwa camera zifashishwa mu kugenzura umuvuduko w’ibinyabiziga; camera zishinze ku muhanda, benshi bakunze kwita ‘Sophia’ na cameras zimurwa n’abapolisi bari ku kazi. Izi cameras zishyirwa mu ntera ya metero nkeya uturutse ahari icyapa kigaragaza umuvuduko ntarengwa wateganyijwe, zigahana abatwaye ibinyabiziga barengeje uwo muvuduko”.

Yunzemo ati: “Icyakora izo cameras zigenzura umuvuduko zitanga amahirwe y’umuvuduko w’inyongera ungana na 10% by’umuvuduko ntarengwa ugaragazwa n’icyapa, mu rwego rwo gufasha abatwara ibinyabiziga kugenzura neza umuvuduko bategetswe gukoresha”.

Asobanura ko ibyo bivuze ko, nk’urugero, niba umuvuduko ntarengwa wateganyijwe ugaragazwa n’icyapa ari Km 40/h, umuvuduko camera izahaniraho ari Km 44/h, ku cyapa cya Km 60/h cyangwa Km 80/h camera igeze kuri Km 66/h na Km 88/h gutyo gutyo”.

ACP Rutikanga yasabye abatwara ibinyabiziga kugira amahitamo meza yo gushyira imbere ubuzima, birinda icyateza impanuka cyose, bikaba umuco mwiza ubaranga aho kubikorera gutinya guhanwa.

Uretse cameras zigenzura umuvuduko, hari n’izindi cameras zashyizwe mu masangano y’imihanda ahari ibimenyetso bimurika (Feux Rouge).

Izi zihana amakosa ajyanye no kurenga ku mabwiriza ya Feux Rouge arimo kutubahiriza inzira z’abanyamaguru (Zebra Crossings), kugendera mu gisate cy’umuhanda kitari icyawe no kwinjira muri Feux rouge  utarabyemererwa.

TAGGED:CamerasfeaturedPolisiRutikangaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hasinywe Amasezerano Hagati Y’u Rwanda Na Koreya Y’Epfo Ya Miliyari $1
Next Article Bugesera: Kagame Ategerejwe Ahitwa Kindama
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?