Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yabataye Muri Yombi Bayiha Ruswa ya Frw 1000, Frw 5000…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Yabataye Muri Yombi Bayiha Ruswa ya Frw 1000, Frw 5000…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 May 2021 1:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yihanije abashoferi baha abapolisi ruswa bayita ‘amazi yo kunywa’ ngo ni uko bishwe n’izuba.

Yavuze ko ntawe ukwiye kubikora kuko abapolisi b’u Rwanda bafite uko babayeho, bahembwa kandi ngo buri muntu ajya muri Polisi azi akazi kamutegereje.

Hari mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma yo kubereka abagabo bane bavugwaho guha ruswa abapolisi bayita ko ari amazi yo kunywa babahaye.

Mu bagabo bane bafashwe harimo umwe wahaye umupolisi Frw 1000 ngo amuguriye amazi, buri umwe mu bandi batatu nawe yemera ko  yahaye umupolisi ruswa  ya Frw 5000, kandi ngo babikoraga mu rwego rwo kubagurira amazi.

Hri umwe muri bo wavuze  ko yafitiwe mu Bugesera aha umupolisi  Frw 1000, nyuma y’uko yari asanzwe imodoka ye ifite  amapine  ashaje.

Undi nawe yafashwe atanga ruswa  Frw 5000 ashaka ko umupolisi umurekura nyuma yo gusuzuma agasanga ikinyabiziga cye gifite amapine ashaje.

Uwatanze Frw 1000 atuye mu Murenge wa Gahanga, mu Karere ka Kicukiro .

Ngo babiterwa no kugirira  abapolisi impuhwe…

Uyu mugabo usanzwe utuye mu Murenge wa Gahanga  avuga ko ubwo yahuraga n’umupolisi akamwaka ibyangombwa undi agasanga bituzuye  yamwatse imbabazi aramwinginga undi arazimuha.

Ni abagabo bane

Uyu mushoferi ngo yaje gutekereza yumva atakomeza urugendo ataguriye amazi ‘uwo mupolisi w’umugiraneza.’

Ati: “ Namubajije niba atakwemera ko namugurira amazi kugira ngo aze kuyanywa izuba rikambye kuko yari amaze kungirira neza undi nawe arabyemera nyuma rero ahita amfata. Simumvaga ko muhaye ruswa ahubwo numvuga muguriye amazi.”

Avuga ko hari abandi bantu bajya batanga iriya ruswa cyane cyane iyo beretswe ko bashobora kwishyura amafaranga menshi kubera ibyo batatunganyije haba mu byangombwa byabo cyangwa imiterere y’ikinyabiziga.

Undi mushoferi usanzwe utuye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera nawe avuga ko yahaye umupolisi Frw 5000.

Avuga ko yatanze ruswa kuko yari yabanje kumvikana n’umupolisi ariko bikarangira amwemereye ko yagira icyo amuha.

Abashoferi bavuga ko baba baguriye umupolisi amazi cyane cyane iyo hashyushye

Yemeza ko bisa n’aho ‘abapolisi bize amayeri’ yo kujya bemerera umushoferi ngo abahe akantu bo bagahita bamufata.

We na mugenzi we basabye imbabazi,bavuga ko amafaranga atangwamo ruswa yajya ashyirwa mu kigega cya Leta.

CP Kabera yihanije abaha abapolisi ruswa ngo ni amazi…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera avuga ko abashoferi bavuga ko babonye umupolisi afite inyota bakumva bamugurira amazi,  bagomba kumenya ko ibyo bitari mu nshingano zabo.

Ati: “ Abapolisi bafite uburyo babayeho, bafite uburyo babaho, uko barya, uko babona amazi. Kandi rero n’umupolisi ubifatiwemo arabihanirwa. Abaturage bagomba kumenya ko abapolisi bafite uko babayeho.”

CP Kabera yihanije abaha abapolisi ruswa ngo barabagurira amazi nk’aho badahembya

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko abafashwe bazagezwa imbere y’ubugenzacyaha, kandi ngo bagombye kumva ko ibihano bahabwa biba biremereye.

TAGGED:AbapolisiBugeserafeaturedIkinyabizigaKaberaRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Arsène Wenger Yunamiye Abazize Jenoside Baruhukiye Ku Gisozi
Next Article Tuzajyana Abanyarwanda Ku Kwezi, Nabanje Kuba Umunyamakuru…-Ikiganiro na Ambasaderi wa Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?