Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yaburiye Abafungura Utubari Nta Byangombwa n’Abahimba Ko Bipimishije COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Polisi Yaburiye Abafungura Utubari Nta Byangombwa n’Abahimba Ko Bipimishije COVID-19

Last updated: 02 November 2021 1:53 pm
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yaburiye abantu bajya mu bitaramo cyangwa kureba imipira bahimbye ibyangombwa by’uko bipimishije COVID-19, ko uzabifatirwamo azahanirwa guhimba inyandiko, bitandukanye no kurenga ku mabwiriza.

Kuri uyu wa Mbere Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yari mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda, agaruka ku byaha abantu bamwe barimo gukora bibwira ko ari amakosa asanzwe.

Ati “Hari amakuru dufite ko hari abantu bashobora kuba bahimba ibyangombwa cyane cyane ibijyanye no kwipimisha cyangwa no kuba warakingiwe. Nyamuneka, abatwumva, icyo cyaba ari icyaha ntabwo byaba ari ukureng ku mabwiriza.”

“Guhimba icyangombwa ko wipimishije COVID wenda wari kujya kureba umupira w’uminota 90, bizakuviramo ko ushobora kubihanirwa, ugafungwa igifungo kitari hasi y’imyaka itanu, kitari hejuru y’imyaka irindwi. Iminota 90 igahinduka imyaka, igitaramo cy’amasaha abiri kigahinduka imyaka n’ihazabu itari nkeya. Wenda kwipimisha ni 5000 Frw, uzatanga ihazabu ya miliyoni 3 Frw, ariko zitarenze 5 Frw.”

Yavuze ko n’ibindi bikorwa byose bisaba kwipimisha cyangwa kuba warikingije COVID-19, abantu bakwiye kubyubahiriza bakirinda kugwa mu byaha.

CP Kabera yanasabye abafite utubari ko amabwiriza ateganya ko ibyangombwa bibemerera gufungura bigomba kuba biri ahagaragara.

Yakomeje ati “Nawe ukwiriye kugira umutimanama ukavuga ngo aha hantu ngiye hemerewe gukora? Ariko iyo bibaye ko polisi ihageze nawe igatangira kukubaza, ugatangira kuvuga ngo ariko ntabwo twari twegeranye, ikibazo icyo gihe ntabwo ari ukwegerana, aba ari ikindi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yanagarutse ku bantu bakomeje gufatwa batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha.

Yabasabye kubicikaho mu rwego rwo kwirinda impanuka ndetse n’ibindi bihano bahabwa iyo bafashwe.

Yavuze ko abantu bajya mu kabari bakajyana n’utanywa inzoga uri bubatware, cyangwa babona bazinyoye bagashaka umushoferi cyangwa bagatega imodoka zisanzwe, aho gutwara izabo.

TAGGED:COVID-19CP KaberafeaturedPolisi y’u RwandaUtubari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Inkongi Zimaze Iminsi, Polisi Irahugura Abaturage Kuzirinda
Next Article BNR Yagabweho Ibitero Ibihumbi 74 By’Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?