Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yafashe Abasore Babiri Bakekwaho Gukwirakwiza Amafaranga Y’Amiganano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Polisi Yafashe Abasore Babiri Bakekwaho Gukwirakwiza Amafaranga Y’Amiganano

admin
Last updated: 27 April 2021 8:53 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yafatiye mu Karere ka Rulindo abasore babiri barimo uw’imyaka 27 n’uwa 25, bakekwaho gukwirakwiza amafaranga y’amiganano.

Bafatiwe mu Murenge wa Buyoga ku Cyumweru. Umuyobozi wa Polisi w’umusigire mu Karere ka Rulindo, CIP Viateur Gakara Munyurase, yavuze ko gufatwa kwabo byaturutse ku makuru yatanzwe n’umuturage, habanza gufatwa umuntu umwe.

Ati “Yagiye mu iduka ry’umwe mu bacuruzi bacururiza mu isantere ya Muyanza agurayo ibintu by’amafaranga ibihumbi bitanu y’amiganano. Bwarakeye tariki ya 25 Mata asubirayo ajyanye nanone inoti ya bitanu.”

“Ku nshuro ya kabiri umucuruzi yitegereje inoti abona ni inyiganano, yibuka ko yari yaraye ahavuye nabwo yishyuye inoti y’ibihumbi bitanu. Yarayirebye na yo asanga ni inyiganano, niko guhita abimenyesha Polisi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

CIP Munyurase yavuze ko bakimara guhabwa amakuru abapolisi bahise bafata uwo musore, bamubajije aho akura ayo mafaranga avuga uwayamuhaye.

Uwo musore wundi bamugezeho, yemera ko bamuzaniraga inoti ya 5000 Frw nzima akayibafotoreramo inoti nyinshi zihuje nimero, bakajya kuzikinana filimi, barangiza bakazitwika. Ariko ngo uwo musore we hari izo yagumanye ari nazo bamufatanye, yakwirakwizaga mu bacuruzi.

CIP Munyurase yashimiye umuturage wihutiye gutanga amakuru bariya bombi bagafatwa, asaba n’abandi kujya bihutira gutanga amakuru mu gihe babonye uwigana amafaranga cyangwa uyakwirakwiza, n’undi wese ukora ibinyuranyije n’amategeko.

Aba bombi bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Buyoga, kugira ngo hakorwe iperereza.

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 269 ivuga ko umuntu wese, ku bw’uburiganya, wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi.

- Advertisement -
TAGGED:AmafarangafeaturedInotiPolisi y'u RwandaRulindo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Koperative ‘Ubumwe’ Yagaruriye Icyizere Impunzi Z’Abarundi N’Abaturiye Inkambi I Mahama
Next Article Umuntu Ubana N’Umunywi W’Itabi Arugarijwe!
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?