Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yishe Abaturage 18
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Polisi Yishe Abaturage 18

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 August 2022 8:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
1347553367
SHARE

Nyuma yo kubona ko abaturage bari baramararije kujya kwihorera bakoresheje imihoro n’inkota,  ikabasaba kubigendamo gake ariko bakanga, Polisi ya Madagascar yafashe umwanzuro wo kubarasa yicamo abantu 18 mu bantu 500. Bari bagiye kwihorera ku bantu bashimuse umwana ufite ubumuga bw’uruhu  bamukuraho imyanya y’umubiri nyuma bamutwika ari muzima.

Umuganga wakiriye imirambo n’abakomerekejwe n’amasasu, yabwiye AFP ko n’abakomeretse nabo barimo benshi bari hagati y’urupfu n’umupfumu.

Dr Tango Toky yavuze ko abakomeretse kugeza ubu babarirwa mu bantu 34.

Umuyobozi wa Polisi muri kiriya gihugu witwa Andry Rakotondrazaka avuga ko Polisi yarebye isanga nta kindi yakora kubera ko abantu bari bayinaniye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ndetse ngo abapolisi babanje kuganira n’abigaragambyaga babasaba gucururuka, ariko abandi baranga bakomeza gusatira abapolisi.

Byageze n’aho Polisi irasa mu kirere ngo irebe ko yabakanga, ariko baranga bakomeza kuyisatira nibwo ibasutsemo umuriro.

Andry Rakotondrazaka avuga ko ibyabaye ari ibintu bibabaje ariko ko urebye uko byari bimeze , iyo hatabaho kubarasa, ibintu ‘byari bube bibi kurushaho.’

AFP yanditse ko itsinda ry’abigaragambyaga ryari mo abantu bagera cyangwa barenga 500 ugereranyije.

Polisi ya Madagascar yatangaje ko icyakozwe cy’ibanze cyari ukurinda ko abapolisi b’igihugu ko batemwa n’abo bantu kuko ngo nibwo  inkuru yari burusheho kuba mbi.

- Advertisement -

Umwana wari ufite ubumuga bw’uruhu uvugwaho gushimutwa agakorerwa ibya mfura mbi,  byamubayeho mu Cyumweru gishize.

Iwabo hari mu Ntara ya Ikongo nk’uko umwe mu bakuru bagize Inteko iyiyobora witwa Jean-Brunelle Razafintsiandraofa yabivuze.

Ikirwa cya Madagascar kiba mu Nyanja y’Abahinde

Ibyo kwihorera muri Madagasacar birasanzwe.

Muri Gashyantare, 2017, abantu 700 bagiye muri Gereza ya Ikongo bashaka gukuramo imfungwa yari yarabiciye umuntu ngo bayigerere mu kebo yamugereyemo.

Binjiye muri gereza, abarinzi bashatse kubitambika abandi babarusha imbaraga, binjiramo bashakisha uwo muntu.

Muri iyo rwaserera, imfungwa 120 zaboneyeho uburyo bwo gutoroka.

Mu mwaka wa 2013, umugabo w’Umufaransa akaba n’Umutaliyani hamwe n’umuturage wa Madagascar batwikiwe ku karubanda amanywa ava ku kirwa kitwa Nosy Be bazira ko bishe umwana wo muri ako gace.

Tugarutse kuri wa mwana ufite ubumuga bw’uruhu twavuze haruguru, abamushimuse bagira ngo bamukureho ibice by’umubiri byo gukoresha mu migenzo y’ubupfumu.

Ni ibikorwa by’ubugome bikunze kuvugwa no mu Burundi, muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, muri Malawi, muri Mozambique no muri Tanzania.

TAGGED:AbaturageAmasasuGerezaMadagascarPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: Yishe Umugore We Nyuma Yandika Asobanura Impamvu…
Next Article Gen Elly Tumwiine Agiye Gushyingurwa
1 Comment
  • Isma says:
    30 August 2022 at 9:01 am

    Ubutaha munyamakurujya wandika polisi iyi ariyo ni yahe? Harya ngo nukugira uzane ishyushyu ngo abantu basome? Ubwo se gutera abantu ubwoba bo bibaza ari polisi ya he? Sikibazo??urumva ibyo mvuga

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?