Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’u Rwanda Ikomeje Gufasha Mu Mibereho Myiza Y’Abatuye Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Polisi Y’u Rwanda Ikomeje Gufasha Mu Mibereho Myiza Y’Abatuye Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2022 11:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (RWAFPU2-7) bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Centrafrique (MINUSCA) bakorera mu Ntara ya Nana Gribizi muri Komini ya Kaga Bandoro, bahaye abahatuyee ibikoresho by’ubuhinzi n’iby’ubuvuzi.

Koperative eshatu nizo zahawe ibikoresho birimo n’ibyo kuhiza imyaka.

Nyuma yo kubaha biriya bakoresho, hakurikiyeho kubasuzuma no kubavura indwara.

Abahawe ubu buvuzi ni abatuye mu nkambi ya  Lazaret.

Ibikoresho by’ubuhinzi byatanzwe bigizwe n’ifumbire mvaruganda, ingorofani, ibikoresho byifashishwa mu kuhira imyaka (Arrosoirs), ibyifashishwa mu gutera imiti (Pompes), imiti y’imyaka, amasuka, ibitiyo, imbuto zitandukanye zo gutera, amajerekani n’ibikoresho by’isuku birimo indobo, isabune n’ibindi.

Madamu Brigitte Gbenou uyobora  Ihuriro ry’amakoperative y’ubuhinzi yahawe ibikoresho  yashimye igikorwa cyakozwe n’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda avuga ko kije ari igisubizo cy’ibyifuzo byabo.

Ati: “Turashimira Polisi y’u Rwanda kuri iki gikorwa cy’indashyikirwa cyo gushyikiriza amakoperative y’ubuhinzi, ibikoresho byari bicyenewe bizafasha mu guteza imbere no kunoza umurimo w’ubuhinzi, umusaruro ukazarushaho kuba mwiza no kwiyongera bityo bakabasha kwikura mu bukene bihaza mu biribwa no gusagurira isoko.”

Ngo batewe ishema no kuba bafite abapolisi b’u Rwanda babatekerereza  n’icyabateza imbere nyuma y’akazi ko kubarindira umutekano.

Umuyobozi w’Akarere iyi nkambi iherereyemo ka Bandoro witwa  Alvin Maussa Zavido, yavuze ko abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye    muri Kaga Bandoro ari intangarugero mu gucunga umutekano kandi baha agaciro ubuzima bw’abo bashinzwe kurinda.

Chief Superintendent of Police (CSP) Hodali Rwanyindo  uyobora itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu gace ka  Kaga bandoro (FPU2-7) yavuze ko guteza imbere imibereho myiza y’abaturage nabyo biri mubyoo bashinzwe.

Ati: “Kugira ubuzima buzira umuze n’imibereho myiza y’abaturage by’umwihariko ku bakuwe mu byabo n’intambara ni bimwe mu byo duharanira mbere na mbere nk’inshingiro ry’umutekano n’ituze rusange.”

Yabasabye kuzakoresha neza ibikoresho bahawe,  anabizeza ko itsinda RWAFPU 2-7 abereye umuyobozi rizakomeza kubaba  hafi bagakomeza kunoza imikoranire no gufatanya nabo mu gucunga umutekano.

Madamu Oulimata Diarra wari uhagarariye MINUSCA muri uyu muhango, yashimye igikorwa cyakozwe n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, avuga ko kigaragaza ko batita ku mutekano w’abaturage gusa ko ahubwo bazirikana no ku cyabateza imbere.

TAGGED:AbapolisiCentrafriquefeaturedRwandaUbuhinziUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Suwede Yagabanyirije Ibihano Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Papa Benedigito XVI Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?