Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’u Rwanda Iri Guhugurwa K’Ukurinda Ubuziranenge Bw’Ibiribwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Y’u Rwanda Iri Guhugurwa K’Ukurinda Ubuziranenge Bw’Ibiribwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2022 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda hatangijwe amahugurwa y’iminsi itanu agamije gufasha abapolisi kumenya uko ibiribwa n’imiti bibungwabungwa bityo bakarushaho kugira uruhare mu kubirinda.

Polisi y’u Butaliyani niyo iri guhugura abapolisi b’u Rwanda kuri iyi ngingo.

Si abapolisi bari guhugurirwa uyu murimo gusa kuko n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa, Rwanda FDA , abakozi ba Minisiteri y’ubuzima ndetse n’abo n’abakorera Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha nabo bari kubihugurirwa.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi; Deputy Inspector General (DIGP), Jeanne Chantal Ujeneza yavuze ko iyo ibiribwa cyangwa imiti bicurujwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko biteza ikibazo ku buzima bw’abaturage.

Ati: “ Byagaragaye ko iyo ibiribwa, imiti n’ibindi bicuruzwa bikozwe nabi, bikabikwa nabi cyangwa bigacuruzwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko biteza ikibazo gikomeye ku buzima bw’abantu.”

DIGP Jeanne Chantal Ujeneza

Avuga ko iyo ari yo mpamvu  Leta y’ u Rwanda yashyizeho Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti (RFDA) mu rwego rwo  kubungabunga ubuzima bw’abantu binyuze mu kugenzura  imiti y’abantu n’iy’amatungo, inkingo n’ibindi bicuruzwa bigenewe ibinyabuzima.

DIGP Ujeneza  yunzemo ati: “ “Kugira ngo intego z’iki kigo zigerweho neza, bisaba gukorana n’izindi nzego za Leta zirimo izishinzwe kubahiriza amategeko nk’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) na Polisi n’izindi mu gukora ubugenzuzi buhoraho bw’ ibicuruzwa  byavuzwe haruguru mbere y’uko bikoreshwa mu gihugu.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije yashimiye Carabinieri ku nkunga itanga mu guhugura abapolisi

Yasabye abitabiriye amahugurwa gukomeza gushishikarira kwiga kugira ngo bakoreshe ayo mahirwe yo bongere  ubumenyi n’ubushobozi basanganywe.

Col. Francesco Sessa  uhagarariye Carabinieri mu Rwanda yavuze ko ariya mahugurwa yateguwe mu rwego rw’ubufatanye hagati ya Polisi y’ u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani.

Ati : “Carabinieri ni ikitegererezo cy’Umuryango mpuzamahanga kandi kimwe mu by’ingenzi kibandwaho na Carabinieri ni ukongera ubushobozi binyuze mu mahugurwa.”

Hasanzwe hari amasezerano y’imikoranire hagati ya Polisi y’u Rwanda ni iy’u Butaliyani.

Yasinywe mu mwaka wa 2017.

Ashimangiwe ku nkingi zirimo kongera ubushobozi mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, kurwanya iterabwoba, umutekano w’indege, kurinda ituze n’umutekano by’abaturage, kurinda abanyacyubahiro, umutekano wo mu muhanda, kurengera ibidukikije, kubona ibikoresho bigezweho byifashishwa mu gucunga umutekano n’ibindi.

TAGGED:ButaliyanifeaturedPolisiRwandaUjeneza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Ghana Hadutse Virusi Yandura Vuba Kandi Yica
Next Article Pariki Ya Nyandungu Ije Gufasha Kigali Kuba Umujyi Uha Abawutuye Ubuhumekero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?