Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’u Rwanda Iri Guhugurwa K’Ukurinda Ubuziranenge Bw’Ibiribwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Y’u Rwanda Iri Guhugurwa K’Ukurinda Ubuziranenge Bw’Ibiribwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2022 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda hatangijwe amahugurwa y’iminsi itanu agamije gufasha abapolisi kumenya uko ibiribwa n’imiti bibungwabungwa bityo bakarushaho kugira uruhare mu kubirinda.

Polisi y’u Butaliyani niyo iri guhugura abapolisi b’u Rwanda kuri iyi ngingo.

Si abapolisi bari guhugurirwa uyu murimo gusa kuko n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa, Rwanda FDA , abakozi ba Minisiteri y’ubuzima ndetse n’abo n’abakorera Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha nabo bari kubihugurirwa.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi; Deputy Inspector General (DIGP), Jeanne Chantal Ujeneza yavuze ko iyo ibiribwa cyangwa imiti bicurujwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko biteza ikibazo ku buzima bw’abaturage.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Byagaragaye ko iyo ibiribwa, imiti n’ibindi bicuruzwa bikozwe nabi, bikabikwa nabi cyangwa bigacuruzwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko biteza ikibazo gikomeye ku buzima bw’abantu.”

DIGP Jeanne Chantal Ujeneza

Avuga ko iyo ari yo mpamvu  Leta y’ u Rwanda yashyizeho Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti (RFDA) mu rwego rwo  kubungabunga ubuzima bw’abantu binyuze mu kugenzura  imiti y’abantu n’iy’amatungo, inkingo n’ibindi bicuruzwa bigenewe ibinyabuzima.

DIGP Ujeneza  yunzemo ati: “ “Kugira ngo intego z’iki kigo zigerweho neza, bisaba gukorana n’izindi nzego za Leta zirimo izishinzwe kubahiriza amategeko nk’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) na Polisi n’izindi mu gukora ubugenzuzi buhoraho bw’ ibicuruzwa  byavuzwe haruguru mbere y’uko bikoreshwa mu gihugu.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije yashimiye Carabinieri ku nkunga itanga mu guhugura abapolisi

Yasabye abitabiriye amahugurwa gukomeza gushishikarira kwiga kugira ngo bakoreshe ayo mahirwe yo bongere  ubumenyi n’ubushobozi basanganywe.

- Advertisement -

Col. Francesco Sessa  uhagarariye Carabinieri mu Rwanda yavuze ko ariya mahugurwa yateguwe mu rwego rw’ubufatanye hagati ya Polisi y’ u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani.

Ati : “Carabinieri ni ikitegererezo cy’Umuryango mpuzamahanga kandi kimwe mu by’ingenzi kibandwaho na Carabinieri ni ukongera ubushobozi binyuze mu mahugurwa.”

Hasanzwe hari amasezerano y’imikoranire hagati ya Polisi y’u Rwanda ni iy’u Butaliyani.

Yasinywe mu mwaka wa 2017.

Ashimangiwe ku nkingi zirimo kongera ubushobozi mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, kurwanya iterabwoba, umutekano w’indege, kurinda ituze n’umutekano by’abaturage, kurinda abanyacyubahiro, umutekano wo mu muhanda, kurengera ibidukikije, kubona ibikoresho bigezweho byifashishwa mu gucunga umutekano n’ibindi.

TAGGED:ButaliyanifeaturedPolisiRwandaUjeneza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Ghana Hadutse Virusi Yandura Vuba Kandi Yica
Next Article Pariki Ya Nyandungu Ije Gufasha Kigali Kuba Umujyi Uha Abawutuye Ubuhumekero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?