Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Politiki Y’Ejo Hazaza Ikwiye Kuruta Iy’Ejo Hashize- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Politiki Y’Ejo Hazaza Ikwiye Kuruta Iy’Ejo Hashize- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2024 1:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abajyanama b’ubuzima bagera ku 8,000 bari baje guhura nawe ko Politiki y’ejo hazaza izakorwa n’urubyiruko kandi ko igomba kurusha ubwiza n’akamaro Politiki y’igihe cyatambutse.

Ijambo rye ribanze mu gushimira abajyanama b’ubuzima kubera akamaro kabo mu gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima bwiza.

Yavuze ko ubusanzwe ubuzima bwiza ari bwo shingiro rya byose kugira ngo n’amajyambere akurikireho.

Ati: “ Ugomba kuba uri muzima kugira ngo ukore akazi kose neza. Abahinzi bagomba ubuzima bwiza, ari abana bavuka kugira ngo bazabe Abanyarwanda bafite aho bazageza igihugu nabo bagomba kuba ari bazima”.

Ibyo igihugu kigeraho byose ngo bigomba kuba bishingiye ku baturage bafite ubuzima buzira umuze.

Kagame avuga ko ibyo byose bikubiyemo ko abajyanama b’ubuzima bakoresha ubushake n’imyumvire bafite uko yaba ingana kose ariko bagahugurwa.

Ati: “Inshingano ya mbere dufite ni iyo guha abo ngabo ubumenyi kugira ngo bakore neza ibyo biyemeje ku bushake bwabo babikore neza kurushaho”.

Avuga ko buri wese mu rwego ari ho aba agomba guhugurwa kugira ngo arusheho gukora akazi ke neza.

Yashimiye abajyanama b’ubuzima ko bakorera ubushake badahembwa n’abahembwa bagahembwa ubusa ariko bagakomeza gukora.

Ubwo bukorerabushake nibwo shingiro yo kugira ngo n’ibindi bigerwaho.

Perezida Kagame yaboneyeho kwizeza abajyanama b’ubuzima ko mu gihe kiri imbere bazajya bakoresha ikoranabuhanga muri serivisi z’ubuzima kugira ngo ‘bibatandukanye n’abapfumu’.

Ati: “Turashaka gutera imbere no mu bundi bwenge bugezweho. Turashaka ko aho bishoboka hakoreshwa ikoranabuhanga kandi kujya kwa muganga ntibibe nko kujya mu bapfumu”.

Abapfumu ntibagira ikorabuhanga ariko bafite ubundi bushobozi kandi babivukana, ni ko Kagame yongeyeho.

Kagame kandi yabwiye abajyanama b’ubuzima ko urubyiruko ari rwo rukwiye mu gihe kiri imbere kuzaba rukora politiki y’u Rwanda ariko akarwibutsa ko politiki yo mu gihe kizaza igomba kuba iruta iyo mu cyahise.

Mu gihe yabagezagaho iryo jambo, abo bajyanama bacishagamo bakavuga ngo ‘Ni Wowe, Ni Wowe’.

Ni imvugo yo kumwereka ko bamushyigikiye kandi bazamutora mu matora azaba taliki 15, Nyakanga, 2024.

Muri yo Perezida Kagame uherutse kwemezwa nk’umukandida wa FPR-Inkotanyi azaba ahatana na Philippe Mpayimana uziyamamaza nk’umukandida wigenga na Dr. Frank Habineza uyobora kandi watanzweho Umukandida na Green Party.

Arangiza ijambo rye, Perezida Kagame yasezeranyije abajyanama b’ubuzima ko ‘ibyiza biri imbere’.

Yasubizaga umwe muri bo wamubwiye ko bifuza uburyo bwazajya bubageza ku bitaro cyangwa ku bigo nderabuzima aho bakorera akazi kabo.

TAGGED:AbajyanamaAmatorafeaturedInkotanyiKagameRwandaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwenya Fred Omondi Yapfuye
Next Article Kenya: Umucamanza Warashwe N’Umupolisi Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?