Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Politiki Y’Ejo Hazaza Ikwiye Kuruta Iy’Ejo Hashize- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Politiki Y’Ejo Hazaza Ikwiye Kuruta Iy’Ejo Hashize- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2024 1:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abajyanama b’ubuzima bagera ku 8,000 bari baje guhura nawe ko Politiki y’ejo hazaza izakorwa n’urubyiruko kandi ko igomba kurusha ubwiza n’akamaro Politiki y’igihe cyatambutse.

Ijambo rye ribanze mu gushimira abajyanama b’ubuzima kubera akamaro kabo mu gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima bwiza.

Yavuze ko ubusanzwe ubuzima bwiza ari bwo shingiro rya byose kugira ngo n’amajyambere akurikireho.

Ati: “ Ugomba kuba uri muzima kugira ngo ukore akazi kose neza. Abahinzi bagomba ubuzima bwiza, ari abana bavuka kugira ngo bazabe Abanyarwanda bafite aho bazageza igihugu nabo bagomba kuba ari bazima”.

Ibyo igihugu kigeraho byose ngo bigomba kuba bishingiye ku baturage bafite ubuzima buzira umuze.

Kagame avuga ko ibyo byose bikubiyemo ko abajyanama b’ubuzima bakoresha ubushake n’imyumvire bafite uko yaba ingana kose ariko bagahugurwa.

Ati: “Inshingano ya mbere dufite ni iyo guha abo ngabo ubumenyi kugira ngo bakore neza ibyo biyemeje ku bushake bwabo babikore neza kurushaho”.

Avuga ko buri wese mu rwego ari ho aba agomba guhugurwa kugira ngo arusheho gukora akazi ke neza.

Yashimiye abajyanama b’ubuzima ko bakorera ubushake badahembwa n’abahembwa bagahembwa ubusa ariko bagakomeza gukora.

Ubwo bukorerabushake nibwo shingiro yo kugira ngo n’ibindi bigerwaho.

Perezida Kagame yaboneyeho kwizeza abajyanama b’ubuzima ko mu gihe kiri imbere bazajya bakoresha ikoranabuhanga muri serivisi z’ubuzima kugira ngo ‘bibatandukanye n’abapfumu’.

Ati: “Turashaka gutera imbere no mu bundi bwenge bugezweho. Turashaka ko aho bishoboka hakoreshwa ikoranabuhanga kandi kujya kwa muganga ntibibe nko kujya mu bapfumu”.

Abapfumu ntibagira ikorabuhanga ariko bafite ubundi bushobozi kandi babivukana, ni ko Kagame yongeyeho.

Kagame kandi yabwiye abajyanama b’ubuzima ko urubyiruko ari rwo rukwiye mu gihe kiri imbere kuzaba rukora politiki y’u Rwanda ariko akarwibutsa ko politiki yo mu gihe kizaza igomba kuba iruta iyo mu cyahise.

Mu gihe yabagezagaho iryo jambo, abo bajyanama bacishagamo bakavuga ngo ‘Ni Wowe, Ni Wowe’.

Ni imvugo yo kumwereka ko bamushyigikiye kandi bazamutora mu matora azaba taliki 15, Nyakanga, 2024.

Muri yo Perezida Kagame uherutse kwemezwa nk’umukandida wa FPR-Inkotanyi azaba ahatana na Philippe Mpayimana uziyamamaza nk’umukandida wigenga na Dr. Frank Habineza uyobora kandi watanzweho Umukandida na Green Party.

Arangiza ijambo rye, Perezida Kagame yasezeranyije abajyanama b’ubuzima ko ‘ibyiza biri imbere’.

Yasubizaga umwe muri bo wamubwiye ko bifuza uburyo bwazajya bubageza ku bitaro cyangwa ku bigo nderabuzima aho bakorera akazi kabo.

TAGGED:AbajyanamaAmatorafeaturedInkotanyiKagameRwandaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwenya Fred Omondi Yapfuye
Next Article Kenya: Umucamanza Warashwe N’Umupolisi Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?