Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Portugal: Papa Aragaruka Ku Basenyeri Bahohoteye Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Portugal: Papa Aragaruka Ku Basenyeri Bahohoteye Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2023 8:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umushumba wa Kiliziya Gatulika Papa Francis ateregejwe i Lisbonne muri Portugal aho ari buhure n’urubyiruko rwaje kumwakira ku munsi mpuzamahanga warugenewe.

Ku rutonde rw’ibimujyanye hariho gushishikariza urubyiruko kuyoboka Kiliziya Gatulika kuko ‘ari yo itunganye’, ariko akanahangana n’ikibazo kiyivugwamo cya ba Musenyeri bavugwaho gusambanya abana.

Bivugwa ko abasore n’inkumi bagera kuri Miliyoni imwe ari bo bari buze kumwakira.

Ntabwo ari abo muri Portugal gusa bari buze kumva Misa n’impanuro za Nyirubutungane ahubwo hari n’abandi baturuka mu bihugu bituranyi.

Bisi zimaze iminsi zibazana.

Asuye Portugal mu gihe ikirere cy’iki gihugu gishyushye cyane nk’uko ari nako bimeze henshi mu Burayi no muri Aziya.

Abaturage barasabwa kwitwaza amazi menshi kandi bakayanywa kenshi kugira ngo imibiri yabo itumagara.

Ni inama kandi bahabwa na Minisitiri w’Intebe wa Portugal witwa Antonio Costa.

Cardinal Americo Aguiar ushinzwe gutegura no gukora k’uburyo ibirori byo kwakira Papa bigenda neza, avuga ko COVID-19 yatumye habaho imyiteguro ihagije yo kwakira Nyirubutungane n’ubwo bitari byoroshye kubera ubwirinzi kuri iki cyorezo.

Yunzemo ko kimwe mu bintu bibangamiye urubyiruko rwo mu Burayi, bikarubuza kwitabira ibyo kwakira Papa ari intambara iri muri Ukraine ndetse n’ibibazo by’ubukungu biremereye benshi.

Cardinal Aguiar avuga ko iyo hatabaho ibyo bizazane, abantu benshi bari buze kwakira Papa Francis.

Biteganyijwe ko ari bugere mu murwa mukuru Lisbonne kuri uyu wa Gatatu abanze kuganira n’abayobozi b’iki gihugu.

Barahurira mu ngoro y’Umukuru w’igihugu cya Portugal yitwa Belem National Palace.

Nyuma ya saa sita arajya guhura n’abihaye Imana baba mu nzu yabo yitwa Jeronimos Monastery, ikaba ari yo nzu ya kidini ya kera kurusha izindi ziba muri iki gihugu.

Yubatswe mu Kinyejana cya 16 Mu gihe Cyacu.

Associated Press ivuga ko hari gahunda ya Papa Francis, hariho ko  azaganira n’abantu bavuga ko bahohotewe n’abasenyeri muri Kiliziya Gatulika ya Portugal ariko bikazabera mu muhezo.

Raporo iherutse gutangazwa na Komisiyo yigenga ku kibazo cy’uko abana bahohotewe, igaragaza ko abana 4,815 barimo abahungu n’abakobwa bahohotewe na ba musenyeri.

Ni ikibazo bivugwa ko cyatangiye mu myaka yaza 1950, gikorerwa abana bafite hagati y’imyaka 10 na 14 y’amavuko.

Imibare ivuga ku bwinshi bw’abana bahohotewe yabanje guterwa utwatsi n’abihaye Imana bo muri iki gihugu; bakavuga ko abavugwa ari benshi, ko birimo no gukabya.

Hagati aho kandi hari gahunda y’uko Portugal yazubaka urwibutso rwerekana ko abo bana bagiriwe ibya mfura mbi muri kiriya gihe cyose.

Umunsi mpuzamahanga wahariwe urubyiruko watangiye kwizihizwa mu mwaka wa 1980 utangijwe na Papa Yohani Pawulo II.

Papa Francis mu rugendo rwe ari kumwe n’umuganga ndetse n’umuforomo bo kumwitaho.

Afite ikibazo mu ivi ndetse no guhumeka kwe ntibimworoheye.

TAGGED:AbanafeaturedFrancisKiliziyaMusenyeriPapaPortugal
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Imyidagaduro Ya Nijoro Yahawe Isaha Ntarengwa
Next Article DRC: Tshisekedi Yakoze Impinduka Mu Bayobora Iperereza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?