Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Primus Yitiriwe Shampiyona y’Umupira w’Amaguru Kuri Miliyoni Zisaga 600 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Primus Yitiriwe Shampiyona y’Umupira w’Amaguru Kuri Miliyoni Zisaga 600 Frw

admin
Last updated: 04 March 2021 8:27 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryasinyanye amasezerano n’uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, BRALIRWA, azatuma ruba umuterankunga mukuru wa shampiyona mu gihe cy’imyaka ine, binyuze mu kinyobwa cya Primus.

FERWAFA yatangaje ko nyuma y’ayo masezerano, Primus izaba ari yo muterankunga mukuru wa shampiyona, ikitirirwa igikombe ndetse igahabwa kugaragara mu bikorwa by’itangazamakuru bijyanye na shampiyona.

Yakomeje iti “Shampiyona izahita yitwa Primus National League mu myaka ine iri imbere.”

Ayo masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane hari amakuru ko afite agaciro ka miliyoni zirenga 600 Frw BRALIRWA yemeye kwishyura mu gihe cy’imyaka ine, harimo miliyoni zisaga 150 Frw zizajya zitangwa buri mwaka, zigahabwa amakipe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Aho haziyongeraho ibikorwa bidahita bibarirwa agaciro urwo ruganda ruzakora birimo kumenyekanisha shampiyona n’ikinyobwa cya Primus binyuze mu bitangazamakuru, byose bizishyurwa na BRALIRWA.

Shampiyona y’u Rwanda imaze hafi imyaka ibiri nta muterankunga ifite, nyuma y’uko FERWAFA yatandukanye na AZAM TV yari umuterankunga wa shampiyona kuva mu 2015 kugeza mu 2019.

Ntabwo biramenyekana igihe Shampiyona y’Umupira w’Amaguru izasubukurirwa nyuma yo guhagarikwa ku wa 12 Ukuboza 2020 kubera ubwandu bwa COVID-19 bwagaragaye muri amwe mu makipe. Icyo gihe yari igeze ku munsi wa gatatu.

Umuyobozi wa Bralirwa Merid Demissie na Perezida wa FERWAFA Sekamana Jean Damascène bashyira umukono ku masezerano y’imikoranire
Amasezerano yashyizweho umukono azamara imyaka ine
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda igiye kwitirirwa Primus
TAGGED:featuredFERWAFAPRIMUS
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngamije Yakuyeho Impungenge Ku Nyandiko Ibanziriza Gukingirwa COVID-19
Next Article Byagenze Bite Ngo Igiciro Cya Lisansi Mu Rwanda Kizamukeho 101 Frw?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?