Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Agiye Kugaba ½ Cy’Ingabo Ze Muri Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Putin Agiye Kugaba ½ Cy’Ingabo Ze Muri Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2022 4:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu Perezida w’u Burusiya Vladminir Putin yatangaje ko agiye kugaba ½ cy’ingabo z’u Burusiya zikajya kurwana muri Ukraine. Yasabye abasirikare bari baragiye mu kiruhuko kwitegura kwambarira urugamba.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’uko  abantu bari bamaze bavuga ko Putin yakoze ikosa agaba igitero ahubutse none yaratsinzwe.

NBS ivuga ko mu ijambo yaraye agejeje ku baturage be, Putin yavuze ko afite n’umugambi wo kwigarurira ibice ingabo zafashe, bikomekwa ku Burusiya.

Avuga ko hari abasirikare 300,000 bari baragiye ku kiruhuko bagiye kwegura intwaro bakajya gufasha abandi mu ntambara ya Ukraine.

Ambasade w’Amerika muri Ukraine witwa Bridget Brink  avuga ko ibyo guhagurukana ingabo nyinshi ngo agiye kurasa Ukraine ari ikimenyetso cy’uko yatsinzwe.

Yagize ati: “ Ntabwo Amerika izigera na rimwe yemera ko u Burusiya bugira ibice bya Ukraine ingaruzwa muheto. Tuzakomeza gufasha Ukraine uko bizagenda kose.”

N’ubwo Amerika ivuga ibi, Dmitry Medvedev wahoze uyobora u Burusiya yigeze kwandika kuri Telegram ko abafasha Ukraine bayishuka, ko ahubwo yagombye kumva ibyo u Burusiya buvuga niba idashaka kuzasibangana ku ikarita y’isi, ntiyongere kuba igihugu cyemewe ku isi kandi kigenga.

Medvedev avuga ko Amerika ibeshya Ukraine kandi ko umuheto ushuka umwambi bitari bujyane.

Yavuze ko OTAN/NATO ari umuryango wa gashozantambara kuko uha Ukraine intwaro kandi ibyo ngo nibyo biri gutuma u Burusiya burushaho kurakara.

Ikindi avuga ko ari kibi cyane ni uko Amerika n’abafatanyabikorwa bayo bari kohereza ingabo mu bihugu bya Estonia na Lithuania mu rwego rwo kurushaho gushyira igitutu ku Burusiya .

Yavuze ko ku munsi w’imperuka Perezida Biden na Ukraine bazabazwa byinshi.

Yatangaje ko kuba abo mu  Burengerazuba bw’isi batemera ko u Burusiya ari bwo bufite ijambo mu gace Ukraine iherereye mo ubwabyo biteje akaga.

Medvedev muri iki gihe niwe Visi Perezida  w’Inama nkuru y’umutekano mu Burusiya.

Ati: “ OTAN/NATO iri gukomeza gukururira u Burusiya mu ntambara ikomeye. Kuba iri guha intwaro umuturanyi wacu akaba n’umwanzi wacu ubwabyo biri gushyira isi mu kaga.”

Uburusiya bwemeza ko intambara muri Ukraine igiye gufata indi ntera ikarenga agace ka Donbas ikaguka cyane.

TAGGED:AmerikaBurusiyaIntambaraUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jeannette Kagame Yitabiriye Inama y’Umuryango W’Abadamu B’Abakuru B’Ibihugu Bya Afurika
Next Article Mu Rubanza Rwa Bamporiki Havuzwemo Na Minisitiri Gatabazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?