Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Akomeje Kunshobera- Trump
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Putin Akomeje Kunshobera- Trump

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2025 10:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kuri Telefoni, Trump yabwiye BBC ko yayobewe uko Putin ateye. Ifoto:Biały Dom
SHARE

Donald Trump avuga ko yayobewe uko Perezida w’Uburusiya Vladmir Putin yabaye! Ngo bemeranya ibintu undi akaba afite ukundi ari bubigenze.

Mu kiganiro yahaye BBC binyuze kuri telefoni, Trump yabajijwe niba yarizeye Putin akaza kumutenguha, asubiza ko ‘muri rusange’ burya ntawe yizera.

Ikiganiro yahaye BBC cyaje nyuma y’uko atangaje ko agiye koherereza Ukraine izindi ntwaro zikomeye, kandi ko niba Uburusiya butemeye ibyo Washington ibusaba, izabufatira ibihano by’ubukungu bikakaye.

Amerika isaba Uburusiya kuba bwemeye ko intambara bumaze imyaka hafi ine burwana na Ukraine ihagarara bitarenze iminsi 50 bitaba ibyo ibicuruzwa byabwo byose bwohereza muri Amerika bigasoreshwa imisoro ihanitse ku kigero cya 100%.

Iki kiganiro na BBC kandi cyagarutse ku byerekeye niba ajya atekereza cyane k’ukuba yarigeze kuraswa ubwo yiyamamarizaga ahitwa Butler muri Leta ya Pennsylvania akabirokoka, avuga ko ibyamubayeho icyo gihe atajya abitekerezaho igihe kirekire.

Mu kiganiro cyamaze iminota 20, Trump yavuze ko ikintu muri iki gihe yibazaho kikamushobera, ari imyitwarire ya mugenzi we Vladmir Putin.

Yavuze ko inshuro zimaze kuba enye aganira na Putin ku byerekeye guhagarika intambara na Ukraine, bakemeranya ibintu ariko buri gihe uyu akabihindura cyangwa akabyitwaramo mu buryo butandukanye n’uko Amerika yari ibyiteze.

Ati: “ Uriya mugabo arantungura cyane, gusa ntacyagerageza gukorana nawe n’ubwo adasiba kuntenguha”.

Abajijwe icyo yumva azakora ngo mugenzi utegeka Uburusiya amwumve, ahagarike intambara, Trump yagize ati: “ Turacyabikoraho”.

Yunzemo ko mu gihe ibiganiro biba bigeze kure, atungurwa no kubona Putin arashe igisasu i Kyiv, akemeza ko bigoye cyane kumenya ikimuri mu mutwe.

Yavuze kandi ko muri iki gihe afitiye icyizere abo muri OTAN, akemeza ko bari kwitwara neza mu kwishyura imisanzu yabo igamije kuzamura imikorere y’uyu muryango wo gutabarana.

Ni umuryango washinzwe nyuma y’Intambara ya Kabiri y’isi(1939 – 1945) ugamije kubaka ubwirinzi bw’ibihugu bituranye n’Uburusiya byihuje na Amerika.

Abahanga mu mateka bavuga ko intambara hagati y’Uburusiya na Ukraine mu by’ukuri yatangiye muri Gashyantare, 2014 ubwo Uburusiya bwarwanaga na Ukraine bukigarurira ibice nka Crimea.

Nyuma, iyi ntambara yabaye nk’igenjeje make ariko iza kubura nanone muri Gashyantare, 2022 ubwo ingabo z’Uburusiya zatangizaga icyo Putin icyo gihe yise ‘igikorwa cya gisirikare kitazamara igihe kirekire’.

Umuhati wo guhagarika iyi ntambara n’ubu nturagira icyo utanga.

TAGGED:AmerikafeaturedIntambaraPutinTrumpUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sano Yavuze Ku Mvune Amaze Kubonera Mu Buhanzi
Next Article Crystal Ventures Yahawe Umuyobozi Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?