Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Avuga Ko Agiye Kongera Kubuza Ubwato Kuvana Ingano Ku Byambu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Putin Avuga Ko Agiye Kongera Kubuza Ubwato Kuvana Ingano Ku Byambu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2022 10:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Vladmir Putin yavuze ko agiye kwisubira ku cyemezo yari yarafashe cyo kudohorera ingano zavaga muri Ukraine zikajya mu Burayi kubera ko yaje gusanga Abanyaburayi bazikubira, abo mu bihugu bikennye bagasigara amara masa!

Rwagati mu Cyumweru gishize, Putin yari yemeye ibyavuye mu biganiro byayobowe na Turikiya n’Umuryango w’Abibumbye byasabaga ko hari ingabo nyinshi zigomba kuva ku byambu zari zimazeho igihe, zikoherezwa hirya no hino ku isi.

Uyu muyobozi w’u Burusiya avuga ko nta cyo atakoze ngo ikibazo cy’ingano nke ku isi kigabanuka cyangwa kirangire ariko ngo Abanyaburayi nibo babyungukiyemo kandi mu by’ukuri atari bo bashonje cyane kurusha ahandi ku isi.

Avuga ko agiye gufata izindi ngamba kandi ngo izo ngamba zizasonjesha abatuye isi kurusha uko byari bimeze kugeza ubu.

Mu kiganiro yagejeje ku bahanga mu by’ubukungu bari bateraniye ahitwa Vladivostock ku wa Gatatu w’Icyumweru gishize( hari Taliki 07, Nzeri, 2022) , yagize ati: “ Kuba twaremereye Turikiya kuba umuhuza bisa n’aho byahaye Abanyaburayi uburyo bwo kungukira muri iyi gahunda kandi mu by’ukuri atari bo bashonje kurusha abandi ku isi.”

Avuga ko mu bwato rutura 87 bwari bugemuye ingano, bubiri gusa ari bwo bwoherejwe mu bihugu bikennye, ubundi bwigira i Burayi no mu bihugu bikennye.

Yavuze ko biriya byerekana ko Abanyaburayi batagira ubumuntu kuko barushaho gushonjesha abakene.

Uyu muyobozi w’u Burusiya avuga ko agiye kuganira na mugenzi we uyobora Turikiya bakareba uko ibintu bigomba kugenda, ariko avuga ko uko bizagenda kose, agomba kugabanya ingano yari yaremeye ko zoherereza ibihugu by’u Burayi kubera ko ngo yaje gusaba abaturage babwo bikunda bagakabya!

Hari abandi bayobozi bakuru mu Burusiya barimo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga bamaze iminsi bavuga ko hari ingingo zikubiye muri ariya masezerano zigomba gusubirwamo kuko bigaragara ko hari abo ziheza kandi ari bo bakwiye kwitabwaho kurusha abandi.

Ku rundi ruhande, hari abavuga ko u Burusiya buri gukoresha ingano nk’intwaro mu rwego rwo guhana Abanyaburayi kubera ko nabo hari ibihano babufatiye.

Ingano nyinshi ngo bazoherereje Abanyaburayi kandi atari bo bashonje

Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya, Dmitri Medvedev yavuze ko u Burusiya batazaha ibikomoka ku buhinzi ibihugu yise ko ari abanzi ‘badashobotse’.

Medvedev yigeze kuba Perezidaw’u Burusiya asimburana na Vladmin Putin.

Mu butumwa yigeze gucisha kuri Telegram yaranditse ati: “ Ibiribwa byacu tugomba kubikoresha natwe duhana bariya badufatiye ibihano.”

Uburusiya nibwongera guhana Abanyaburayi, birashoboka ko bazazahara kubera ko mu biribwa bakunda habamo n’ibikomoka ku ngano.

Medvedev avuga ko u Burusiya buzafata ibihano bucece ariko bikomeye.

Umwe mu mwanzuro iki gihugu cyari cyarafashe wari uko uwo ari we wese ushaka guhaha ibintu byera mu Burusiya agomba kwishyura mu mafaranga akoreshwa muri iki gihugu.

Abazi iby’ubukungu bw’ibihugu by’i Burayi bavuga ko kubera ko u Burusiya busanzwe buturanye n’ibihugu by’i Burayi, byari akarusho kuri ibi bihugu kugira ngo bibone uko bitumiza ingano nyinshi bidahenzwe ku bwikorezi.

Ibindi bihugu byeza ingano nyinshi biri kure y’u Burayi.

Ibyo ni u Bushinwa, u Buhinde, Leta zunze ubumwe z’Amerika n’ahandi nko muri Turikiya.

 

TAGGED:BurusiyafeaturedInganoPutin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuturage Siwe Umenya Inyungu Rusange Kurusha Leta- Ingabire Immaculée
Next Article Abakuru B’Ibihugu Bazajya Gusezera Kuri Elisabeth II ‘Ntibemerewe’ Kujyana Indege Zabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?