Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Yabwiye Abahaye Ukraine Missiles Ko Bakoze Ikosa Rikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Putin Yabwiye Abahaye Ukraine Missiles Ko Bakoze Ikosa Rikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 November 2024 2:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Putin yabwiye abafasha Ukraine ko mu kuyiha missiles zo kurasa ku Burusiya bakoze ikosa rikomeye
SHARE

Perezida w’Uburusiya Vladmir Putin yavuze ko abaherutse guha Ukraine missiles zo kurasa mu Burusiya, bakoze ikosa rikomeye kuko bizayikoraho. Mu minsi mike Ukraine yarashe missiles mu Burusiya yari iherutse guhabwa na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Izo missiles zitwa Atmics zifite ubushobozi bwo kugenda ibilometero 300, zikaba zigera mu bice bitandukanye by’Uburusiya.

Icyakora kurasa mu ntera ireshya gutyo mu gihugu cya mbere kinini ku isi ni ukurasa ahantu hato.

Uburusiya bufite ubuso bwa km2 17,098,246 kikaba gituwe n’abaturage barenga miliyoni 148.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yo kubona ko Ukraine irashe mu Burusiya, nabwo bwaje kwihimura burasa muri Ukraine imwe muri missiles zikomeye ku isi  abo mu Burengerazuba bw’isi bise ko ari ‘hypersonic ballistic missile’ ni ukuvuga ibisasu biremereye cyane.

Putin yavuze ko abahaye Ukraine biriya bisasu bya Atmics ikabirasa mu gihugu cye bayihemukiye kuko bizatuma ihura n’akaga.

Ku rundi ruhande,  Ubwongereza n’Ubufaransa byo byasezeranyije amahanga ko bitazatererana Ukraine.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza David Lammy na mugenzi we Jean-Noel Barrot ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Leta y’Ubufaransa babwiye BBC ko ibihugu byabo bizakomeza guhangana na Putin binyuze mu kuba hafi  Ukraine.

Basubizaga Putin ushinja abo mu Burengerazuba bw’isi kuba nyirabayazana w’intambara ya Ukraine n’Uburusiya.

- Advertisement -

Lammy na Barrot bavuga ko iyo Putin avuga biriya yirengagiza ko ari we watangije iriya ntambara iri kurwanywa ubu.

Bemeza ko intambara uriya mugabo yatangije yatumye imiterere y’ibibera ku isi ihinduka, isi ijya mu kaga yaherukaga guhura nako mu gihe cy’intambara ya kabiri y’isi(1939-1945).

Abo muri iki gice cy’isi bavuga ko Putin ashaka ko isi ijya mu ntambara iri ku rwego rw’isi, ikarenga imipaka ya Ukraine ikajya n’ahandi.

Ubwo iyi ntambara yatangiraga mu mwaka wa 2022, hari amakuru yavugaga ko Uburusiya bufite gahunda yo kuzatera na Suwede, Pologne na Norway, ibihugu Uburusiya buvuga ko bishaka kujya muri OTAN/NATO.

Hari Umwongereza wigeze kuba umudipolomate witwa Daalder uvuga ko ikibabaje muri iki gihe ari uko Amerika yatinze guha Ukraine intwaro zo kurasa imbere mu Burusiya.

Yunzemo ko hari impungenge z’uko Donald Trump ashobora no kuzahagarika inkunga Amerika yahaga Ukraine, bikazatuma abaturage bayo bazahara.

Ubutegetsi bwo mu Burusiya bwavuze ko ibisasu buherutse kurasa muri Ukraine byari ibyo guha gasopo abayifasha kuko bitazabahira.

Buvuga ko kurasa biriya bisasu bikiri bishya kandi biremereye ari ubutumwa bwumvikana Uburusiya bwahaye Abanyamerika n’abandi bashyigikiye Ukraine ko ibyo barimo ari ubusazi.

Peskov uvugira ubutegetsi bw’Uburusiya avuga ko ibyo abashyigikiye Ukraine bakora bitari bukorwe ngo birangirire aho!

Avuga ko mbere yo kurasa kiriya gisasu babanje kubimenyesha Amerika mbere ho iminota 30.

TAGGED:AmerikafeaturedIminotaMinisitiriPutinUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ishoramari Rigamije Kunoza Imibereho Myiza y’Abaturage- Minisitiri Sebahizi
Next Article Ikibazo Cy’Imiti Itakivura Gifite Uburemere Ku Buzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?