Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Radiant Yatashye Inyubako Yayo Nshya Ya Miliyari Frw 22
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Radiant Yatashye Inyubako Yayo Nshya Ya Miliyari Frw 22

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2024 6:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane taliki 23, Gicurasi, 2024 Perezida Kagame yafatanyije na Marc Rugenera gufungura Ibiro bishya by’Ikigo cy’ubwishingizi Radiant kiri mu Murenge wa Nyarugenge mu Kaere ka Nyarugenge muri Kigali.

Ikigo  ‘Radiant Insurance Company’ ni cyo Marc Rugenera ayobora ariko mu kugitaha hari n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Radiant Insurance Company Ltd, François Régis Kabaka n’abandi bayobozi batandukanye.

Perezida Kagame yashimiye Ubuyobozi bwa Radiant ku ukuba bwarubatse inzu nziza izafasha Abanyarwanda kubona serivisi z’ubwishingizi nziza kandi zitangiwe mu nyubako nzima.

Kagame ati: “ Kuba iyi nyubako yarazamutse ikagera aho igeze ni ubushake n’imbaraga ndetse n’amafaranga n’ubufatanye bw’inzego zitandukanye.  Twifuza nk’ubuyobozi kubona inyubako nkizi ziri kubakwa ahantu hatandukanye mu gihugu. Turashaka kubona ishoramari ritera imbere ibikorwa by’ubukungu bigenda neza”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko Leta ifite inshingano zo gufasha abashoramari gukwiza hirya no hino ibikorwa by’iterambere bikagerwaho binyuze haba mu buryo bw’amategeko, politiki no mu bindi biteza abaturage imbere.

Kagame avuga ko n’ubwo hari ubwo anenga ibitagenda neza, ariko buri gihe aba ashaka ko ibintu bigenda neza kurushaho.

Perezida Kagame ubwo yari aje gutaha iyi nyubako

Ndetse ngo nagira icyo abona kutagenda neza mu nyubako nshya ya Radiant azabigeza ku buyobozi bwayo kugira ngo bikosorwe.

Ati: “ Kuvuga ibi ngibi ni uburyo bwo kongera imbaraga zo kunoza umurimo kuko hari aho bigaragara ko abantu bagira uburangare no gutekereza nabi no gukora nabi kandi bituma byongera igiciro cy’ibyo ugiye gukora”.

Yaboneyeho kwizeza abantu ko atazashidikanya gufasha abandi bose bazaba bafite ibikorwa byiza nka biriya kuko ngo ‘ibikorwa birivugira’.

- Advertisement -

Umuyobozi Mukuru wa Radiant Insurance Company Ltd, Marc Rugenera, yashimiye Perezida Kagame kubera ko ashyigikira ishoramari.

Ati: “Ndabashimira byimazeyo kuba mwemeye kuza kwifatanya natwe kuri uyu munsi utagira uko usa, bigaragaza ko mushyigikiye ibikorwa byacu n’ubwitange bwanyu ntagereranywa mu iterambere ry’u Rwanda.’’

Rugenera yashimiye Perezida wa Repuburika ku kibanza babahaye cyo kubakamo iyi nzu.

Mbere bakoreraga mu nzu iri ku buso bufite metero kare 1000 nyuma bahabwa ikibanza gifite metero kare 2345.

Rugenera avuga ko iyi nyubako yatangiye kubakwa muri Gicurasi 2019, igizwe n’amagorofa 12, kandi yubatswe mu buryo butangiza ibidukikije bujyanye n’icyerekezo igihugu cyihaye.

Ibikoresho bingana na 80% biyubatse byakorewe mu Rwanda, ikaba yaruzuye ifite agaciro ka miliyari Frw 22.

Amafoto@Urugwiro Village

TAGGED:featuredInyubakoKagameRadiantRugenera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinjacyaha Burashaka Ko Barikana Afungwa Imyaka Ibiri
Next Article Bunyoni Agiye Kugaruka Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?