Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Raporo:U Rwanda Ruracyari Ku Isonga Ku Bagore Benshi Mu Nzego Z’Ubuyobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Raporo:U Rwanda Ruracyari Ku Isonga Ku Bagore Benshi Mu Nzego Z’Ubuyobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2021 8:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyegeranyo cyasohowe kuri uyu wa Kane cyakozwe na InterParliementary Union na UN-Women cyerekana uko abagore bahagaze mu nzego z’ubuyobozi muri Afurika cyerekanye ko u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere rugakurikirwana Afurika y’Epfo mu bagize Inteko ishinga amategeko naho muri Guverinoma rugakurikirwa na Guinée Bissau.

Igihugu cya mbere ku isi mu kugira abagore benshi mu nzego z’ubuyobozi ni Nicaragua(iki gihugu gihereye muri America yo Hagati, kigaturana na Honduras na El Salvadore).

Gikurikirwa na Austria( Autriche), u Bubiligi, Suède, Albania, u Rwanda rukaba urwa Gatandatu.

Ibihugu bibiri bya nyuma ku isi biha umugore ijambo mu miyoborere kugeza ubu ni Viet Nam na Yemen.

Uko ibihugu bikurikirana mu kugira abagore benshi mu nzego z’ubuyobozi mu Nteko:

1.U Rwanda,

2.Africa y’Epfo,

3.Namibia,

4.Senegal,

5. Mozambique.

Muri Guverinoma:

1.U Rwanda,

2.Guinée Bissau,

3.Africa y’Epfo,

4.Ethiopia,

5. Namibia.

Iki cyegeranyo gisohotse nyuma y’iminsi itatu Isi muri rusange n’u Rwanda by’umwihariko byizihije umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana akamaro k’umugore mu muryango w’abantu ndetse by’umwihariko muri ibi bihe Isi ihanganye na COVID-19.

Ku wa Mbere tariki 08, Werurwe, 2021 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umugore, mu ijambo Madamu Jeannette Kagame yabwiye abari bitabiriye inama ya gatanu ku buringanire yiswe Gender Equality, Wellness and Leadership Summit (GEWAL Summit), yateguwe na Motsepe Foundation yagarutse ku ruhare rw’Abanyarwandakazi mu kuvana mu bibazo ndetse no muri ibi bihe bya COVID-19.

Yavuze ko hari intambwe zikomeye zimaze guterwa mu kwimakaza uburinganire, ariko agaragaza ko hari n’inzitizi zigituma umugore adakoresha ubushobozi bwose afite.

Motsepe Foundation ni Umuryango washinzwe na Dr Precious Moloi-Motsepe – umugore w’umuherwe Patrice Motsepe wo muri Afurika y’Epfo.

Muri iyo nama haganiwe  ku “Gushimangira Uruhare rw’Abagore mu izahuka ry’ibikorwa nyuma y’icyorezo”.

Mu Ntekou Rwanda rukurikirwa na Cuba
Muri Guverinoma ni urwa Gatandatu
Ku isi Igihugu cya Nicaragua gihiga ibindi mu guha abagore umwanya muri Guverinoma
TAGGED:AbagoreAbanyarwandakaziCOVID-19featuredJeannetteKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impunzi Z’Abarundi 1050 Zatahutse Ziva I Mahama
Next Article Hari Impaka Ku Wemerewe Gukora Inkingo Za COVID-19 N’Utabyemerewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Yashinze Ishyaka

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?