Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rayon Sports ‘Yitandukanyije’ Na Luvumbu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Rayon Sports ‘Yitandukanyije’ Na Luvumbu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2024 6:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku mbuga nkoranyambaga za Rayon Sports yanditsho ko yitandukanyije n’Umunye-Congo uyikinira Héritier Nzinga Luvumbu uherutse gutanga  ubutumwa akoresheje ikimenyetso kitavuzweho rumwe na benshi.

Icyo kimenyetso kigezweho mu banyapolitiki ba DRC gisobanurwa ko  muri DRC hari kubera Jenoside amahanga akicecekera.

Luvumbu yagikoze ku Cyumweru taliki ya 11, Gashyantare, 2024, ubwo ikipe ye yatsindaga Police FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona.

Muri ibyo bitego afitemo kimwe.

Akimara kugitsinda yacyishimiye akora ikimenyetso kigaragaza ko Abanye-Congo bari kwicwa ariko Isi icecetse idashaka kuvuga ku ntambara iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abafana bamunenze ko yavanze Politiki na Siporo kandi bidakwiye.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bubicishije ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe nabwo bwatangaje ko butamushyigikiye, ko bwitandukanyije na we.

Banditse bati: “Umuryango wa Rayon Sports witandukanyije n’imyitwarire mibi yagaragajwe n’umukinnyi wayo Héritier Luvumbu Nzinga ku mukino wa Shampiyona wahuje Rayon Sports na Police FC tariki 11 Gashyantare 2024 kuri Kigali Pélé Stadium.”

Baboneyeho gukebura abakinnyi bose bakina muri Shampiyona y’u Rwanda, kurangwa n’ikinyabupfura yaba imbere mu gihugu no hanze ya cyo.

View this post on Instagram

A post shared by Rayon Sports Official (@official_rayonsports)

Luvumbu ari mu bakinnyi ngenderwaho muri Rayon Sports cyane ko ari mu bakunze kuyitsindira ibitego by’ingenzi bituma abafana bayo barara bishimye.

 

TAGGED:featuredIkimenyetsoLuvumbuRayon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impinduka Mu Buyobozi Bukuru Bw’Ingabo Z’Uburundi
Next Article Rubavu: Yiyahuye Nyuma Y’Icyumweru Arongoye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?