Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2025 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umunya Tunisia wari umaze igihe gito atoza Rayon Sports yahagaritswe mu mirimo ye
SHARE

Umunya Tunisia wari umaze igihe gito atoza Rayon Sports yahagaritswe mu mirimo ye, bikorwa mu buryo bumutunguye kuko yari yaje gutoza abakinnyi.

Afahmia Lotfi n’umwungiriza we bombi babwiwe ko batemerewe gutoza Rayon Sports.

Nyuma yo kumumenyeshereza ku kibuga ko ibye byarangiye, ubuyobozi bwa Rayon bwahise bubitangiriza kuri X/Twitter bukoresheje itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohotse mu ijoro ryakeye.

Riragira riti: “Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports bwafashe icyemezo cyo guhagarika mu nshingano Umutoza mukuru Afhamia Lotfi n’Umutoza wungirije wa kabiri Azzouz Lotfi.”

Itangazo ryemeza ko Rayon iri bube itozwa by’agateganyo n’umutoza wungirije wa mbere witwa Harna Ferouzi.

Aho yamenyesherejwe ko atemerewe kongera gutoza Rayon, bikaba byakorewe ku kibuga iyi kipe yitorezaho kiri ahitwa Nzove, Afahmia Lotfi yaganiriye by’igihe gito na Visi Perezida wa Rayon Sports Muhirwa Prosper ari nawe wamuzanye muri iyi kipe.

Kuza kwe nabyo byari ikindi kibazo kuko hari bamwe mu bayobozi kugeza kuri Perezida Twagirayezu Thaddée batabyumvaga batyo.

🤍ITANGAZO💙 pic.twitter.com/MVNF9hTc8p

— Rayon Sports Official (@rayon_sports) October 13, 2025

Kutemwemeranywaho byagaragaye mu gihe gito cyakurikiyeho harimo no ku munsi wa mbere asinyira iyi kipe.

No mu gihe cy’ibiganiro byaganishaga k’ukumuha akazi nabwo hari ingingo zitumvikanwagaho mu bayobozi bakuru ba Rayon Sports.

Aho atangiriye inshingano nabwo hari ibitaragenze neza ubwo yateguraga abakinnyi mu mikino yo kwitegura umwaka w’imikino 2025-2026.

Ibyo byose n’ibindi byakurikiyeho, byacaga amarenga ko uyu mugabo atazaramba muri Rayon Sports, ikipe izwiho abafana batubutse ariko idasibamo intugunda zishingiye ku miyoborerere yayo ndetse no ku mikoro akunze gutuba.

Lotfi ahagaritswe amaze gutoza Rayon Sports imikino itanu y’amarushanwa irimo ibiri ya CAF Confederation yatsinzwe na Singida Black Stars akanasezererwa n’itatu ya shampiyona yatsinzemo umwe, agatsindwa undi, akanganya undi.

Icyakora hari miliyoni Frw 20 bamugomba, kuzimwishyura bikaba biri mu byihutirwa ngo yigendere ntawe yanduranyije nawe.

TAGGED:AbakinnyiGutozaIkipeNzoveRayonUmutoza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti
Next Article Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

RDF na Polisi Bari Guha Abatuye Sudani Y’Epfo Uburyo Bwo Kwirinda Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?