Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RBC Iraburira Abantu Kwitonda Niba Badashaka Indi Nkundura Ya COVID
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

RBC Iraburira Abantu Kwitonda Niba Badashaka Indi Nkundura Ya COVID

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 7:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare yatangajwe n’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC yerekana ko hari abantu bane baraye bishwe na  COVI-19, batatu ni abagore umwe akaba umugabo.

RBC yerekana ko ahandi mu Rwanda imibare iri kugabanuka muri rusange ariko mu Ntara y’Amajyepfo hakiri yo ubwandu.

Ibi nibyo byatumye ingamba zo gukomeza kwirinda kiriya cyorezo zemeza ko abatuye uturere tw’Intara y’Amajyepfo, ukuyemo aka Kamonyi, bagomba kuba bari mu ngo zabo saa moya z’ijoro kugeza mu gitondo saa kumi.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko uturere twa Gisagara, Nyanza na Bugesera twari tumaze ibyumweru bibiri mu kato kubera imibare y’abantu b’aho banduye yari iri hejuru.

Ubutumwa umuyobozi wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana yarangaje kuri Twitter buburira abantu ko bagomba gukomeza gukurikiza ingamba zo kwirinda COVID-19 ntibarangazwe n’uko inkingo zabonetse ngo birare.

Yanditse ati: “Imibare mishya RBC igaragaza yerekana ko COVID-19 iri kugabanuka mu mujyi wa Kigali ariko iriyongera mu Ntara y’Amajyepfo. Ntitudohoke, twirinde ko haba indi nkundura y’iki cyorezo.”

Kugeza ubu COVID-19 imaze guhitana Abanyarwanda barenga 300 mu gihe kirenze umwaka umwe imaze igeze mu Rwanda.

Inkundura ya COVID-19 yagiye isiga Abanyarwanda ‘bategetswe kuguma mu rugo’. Guma mu Rugo ebyiri zatumye ubukungu bw’ingo z’Abanyarwanda buzahara ndetse n’ubw’igihugu ntibwasigara.

Muri iki gihe ubukungu buri kongera kwisuganya ariko abaturage bagasabwa kutirara ngo bumve ko ubwo urukingo rwaje ibintu byabaye amahoro!

Uko imibare ihagaze kugeza ubu.
TAGGED:COVID-19featuredGisagaraIcyorezoNsanzimanaNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yashyigikiye Ko Igihe Cyo Kwishyura Amadeni Y’Ibihugu Cyongerwa
Next Article Amateka ya Polisi Ku Isi Yerekana Ko Imariye Iki Abantu?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?