Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RBC Iraburira Abantu Kwitonda Niba Badashaka Indi Nkundura Ya COVID
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

RBC Iraburira Abantu Kwitonda Niba Badashaka Indi Nkundura Ya COVID

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 7:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare yatangajwe n’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC yerekana ko hari abantu bane baraye bishwe na  COVI-19, batatu ni abagore umwe akaba umugabo.

RBC yerekana ko ahandi mu Rwanda imibare iri kugabanuka muri rusange ariko mu Ntara y’Amajyepfo hakiri yo ubwandu.

Ibi nibyo byatumye ingamba zo gukomeza kwirinda kiriya cyorezo zemeza ko abatuye uturere tw’Intara y’Amajyepfo, ukuyemo aka Kamonyi, bagomba kuba bari mu ngo zabo saa moya z’ijoro kugeza mu gitondo saa kumi.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko uturere twa Gisagara, Nyanza na Bugesera twari tumaze ibyumweru bibiri mu kato kubera imibare y’abantu b’aho banduye yari iri hejuru.

Ubutumwa umuyobozi wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana yarangaje kuri Twitter buburira abantu ko bagomba gukomeza gukurikiza ingamba zo kwirinda COVID-19 ntibarangazwe n’uko inkingo zabonetse ngo birare.

Yanditse ati: “Imibare mishya RBC igaragaza yerekana ko COVID-19 iri kugabanuka mu mujyi wa Kigali ariko iriyongera mu Ntara y’Amajyepfo. Ntitudohoke, twirinde ko haba indi nkundura y’iki cyorezo.”

Kugeza ubu COVID-19 imaze guhitana Abanyarwanda barenga 300 mu gihe kirenze umwaka umwe imaze igeze mu Rwanda.

Inkundura ya COVID-19 yagiye isiga Abanyarwanda ‘bategetswe kuguma mu rugo’. Guma mu Rugo ebyiri zatumye ubukungu bw’ingo z’Abanyarwanda buzahara ndetse n’ubw’igihugu ntibwasigara.

Muri iki gihe ubukungu buri kongera kwisuganya ariko abaturage bagasabwa kutirara ngo bumve ko ubwo urukingo rwaje ibintu byabaye amahoro!

Uko imibare ihagaze kugeza ubu.
TAGGED:COVID-19featuredGisagaraIcyorezoNsanzimanaNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yashyigikiye Ko Igihe Cyo Kwishyura Amadeni Y’Ibihugu Cyongerwa
Next Article Amateka ya Polisi Ku Isi Yerekana Ko Imariye Iki Abantu?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?