Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RBC Iraburira Abantu Kwitonda Niba Badashaka Indi Nkundura Ya COVID
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

RBC Iraburira Abantu Kwitonda Niba Badashaka Indi Nkundura Ya COVID

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 7:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare yatangajwe n’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC yerekana ko hari abantu bane baraye bishwe na  COVI-19, batatu ni abagore umwe akaba umugabo.

RBC yerekana ko ahandi mu Rwanda imibare iri kugabanuka muri rusange ariko mu Ntara y’Amajyepfo hakiri yo ubwandu.

Ibi nibyo byatumye ingamba zo gukomeza kwirinda kiriya cyorezo zemeza ko abatuye uturere tw’Intara y’Amajyepfo, ukuyemo aka Kamonyi, bagomba kuba bari mu ngo zabo saa moya z’ijoro kugeza mu gitondo saa kumi.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko uturere twa Gisagara, Nyanza na Bugesera twari tumaze ibyumweru bibiri mu kato kubera imibare y’abantu b’aho banduye yari iri hejuru.

Ubutumwa umuyobozi wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana yarangaje kuri Twitter buburira abantu ko bagomba gukomeza gukurikiza ingamba zo kwirinda COVID-19 ntibarangazwe n’uko inkingo zabonetse ngo birare.

Yanditse ati: “Imibare mishya RBC igaragaza yerekana ko COVID-19 iri kugabanuka mu mujyi wa Kigali ariko iriyongera mu Ntara y’Amajyepfo. Ntitudohoke, twirinde ko haba indi nkundura y’iki cyorezo.”

Kugeza ubu COVID-19 imaze guhitana Abanyarwanda barenga 300 mu gihe kirenze umwaka umwe imaze igeze mu Rwanda.

Inkundura ya COVID-19 yagiye isiga Abanyarwanda ‘bategetswe kuguma mu rugo’. Guma mu Rugo ebyiri zatumye ubukungu bw’ingo z’Abanyarwanda buzahara ndetse n’ubw’igihugu ntibwasigara.

Muri iki gihe ubukungu buri kongera kwisuganya ariko abaturage bagasabwa kutirara ngo bumve ko ubwo urukingo rwaje ibintu byabaye amahoro!

Uko imibare ihagaze kugeza ubu.
TAGGED:COVID-19featuredGisagaraIcyorezoNsanzimanaNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yashyigikiye Ko Igihe Cyo Kwishyura Amadeni Y’Ibihugu Cyongerwa
Next Article Amateka ya Polisi Ku Isi Yerekana Ko Imariye Iki Abantu?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Beyoncé Yabaye Undi Muhanzi Ufite Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kagame Yishimira Ko Inzego Z’Umutekano Z’u Rwanda Zihagaze Bwuma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Bunyoni Ararembye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?