Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RCS Ntihakana Cyangwa Ngo Yemeze Niba Muri Gereza Hariyo ‘Ingengabitekerezo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RCS Ntihakana Cyangwa Ngo Yemeze Niba Muri Gereza Hariyo ‘Ingengabitekerezo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2021 11:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taarifa yabajije Komiseri mukuru w’Urwego rw’imfungwa n’abagororwa CG Juvénal Marizamunda icyo avuga ko by’uko muri gereza hari ingengabitekerezo ya Jenoside nyinshi nk’uko Dr Pierre Damien Habumuremyi aherutse kubivuga, adusubiza ko ‘atajya kuvuga ngo uriya arabeshya cyangwa ntabeshya’.

Mu mpera z’Icyumweru gishize Dr Pierre Damien Habumuremyi yahishuye ko muri gereza zo mu Rwanda hari ikibazo yise ko gikomeye cy’ingengabitekerezo ya Jenoside, ku buryo ngo inzego zikwiye gushyira imbaraga mu kuyihashya, aho kwibanda hanze ya gereza gusa.

Yabivugiye  mu Ihuriro ry’Umuryango Unity Club, ku wa Gatandatu imbere ya Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame ari nawe muyobozi mukuru wa Unity Club.

Niryo huriro rya mbere Dr Pierre Damien Habumuremyi yari yitabiriye nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Yababariwe amaze igihe gisanga umwaka afungiwe muri Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere.

Mu ijambo rye, Dr Habumuremyi yabwiye Jeannette Kagame uyobora Unity Club n’abandi bari aho  ko muri gereza na ho ari mu Rwanda, ariko ko intambwe imaze guterwa mu bumwe n’ubwiyunge hanze  ya gereza idahura n’ishusho nyakuri y’ibibera muri gereza.

Mu mibare ye yavuze ko amagereza afite abaturage bageze ku 100,000, kandi uramutse ubihuje n’uko buri muntu afite umuryango hanze, wasanga abashobora kuba bahura nabo barenga miliyoni imwe.

Yagize ati “Hari ibibazo bimaze iminsi bigaragara by’ingengabitekerezo mu magereza. Icya mbere ni ukureba neza mu matorero yo muri gereza – ushobora gusanga na hano hanze bihari – hamaze iminsi hagaragara ingengabitekerezo mu matorero, aho kwigisha ijambo ry’Imana ugasanga uwigisha ijambo ry’Imana azanyemo n’ingengabitekerezo, ndavuga iya Jenoside. Icyo ni icyiciro kimwe kiri mu magereza.”

Dr Habumuremyi ubwo yabwiraga abagize Unity Club ibyo yasanze muri Gereza

Ngo muri gereza hari ababyeyi  bafite ya ngengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ngo n’abana bari muri gereza bayigaragaraho.

Yemeje ko hari umwana we ubwe yayumvanye, hakitabazwa ubuyobozi bwa gereza buza gusanga ari umwana w’umusirikare, bisaba ko abanza kwigishwa.

Nyuma yo gusobanurira abari hariya uko yabonye ibibazo biri muri gereza, Dr Pierre Damien Habumuremyi yasabye abayobozi bari bamuteze amatwi gukora uko bashoboye bakigisha abari muri gereza ubumwe n’ubwiyunge ku kigero kingana n’uko bigenda ku batayirimo.

Habumuremyi wahoze ayobora Urwego rushinze Intwari, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) mu mwaka ushize nibwo yakatiwe gufungwa imyaka itatu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye.

Iki cyaha ngo yagikoze mu nshingano ze nk’uwashinze Christian University of Rwanda.

Yaje kukijuririra, hanyuma mu mwanzuro watangajwe ku wa Gatatu tariki ya 29 Nzeri 2021 urukiko rwemeza ko ahamwa n’icyaha, ariko rusubika amezi 15 ku gihano yahawe.

Dr Habumuremyi yatawe muri yombi ku wa ku wa 3 Nyakanga 2020, ni ukuvuga ko yari amaze umwaka umwe n’amezi atatu afunzwe.

N’ubwo yafunguwe kubera imbabazi za Perezida wa Repubulika, Itegeko riteganya ko yongeye gukora ikindi cyaha akagihamywa n’urukiko, igihe yagombaga gufungwa cyose kitararangira, yahita asabwa kurangiza n’igihano yari asigaje.

Ubwo twabazaga Komiseri Mukuru w’uru rwego, CG Juvénal Marizamunda we yatubwiye ko RCS ‘itavuga ko Dr Pierre Damien Habumuremyi abeshya cyangwa atabeshya’.

Nta bisobanuro birambuye yaduhaye kuri iki gisubizo!

TAGGED:featuredGerezaHabumuremyiIngengabitekerezoJenosideMarizamundaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusesabagina Yumvikanye Yigamba Ibitero Bya FLN Mu Rwanda
Next Article Abanyarwanda Babiri Bigaga Muri Kaminuza Bafungiwe Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?