Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDB na Arsenal Mu Biganiro Byo Gusubukura Visit Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

RDB na Arsenal Mu Biganiro Byo Gusubukura Visit Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2021 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere RDB rwagiranye ibiganiro n’Ikipe yo kiciro cya Mbere cy’umupira w’amaguru mu Bwongereza Arsenal kugira ngo impande zombi zirebere hamwe uko hasubukurwa gahunda Visit Rwanda.

Iki kiganiro cyahuje umuyobozi mukuru wa RDB, Madamu Clare Akamanzi na bamwe mu bakinnyi n’abandi bakozi ba Arsenal bazwi. Abo ni gafotozi wa Arsenal witwa David Yarrow, Tony Adams wigeze kuyibamo icyamamare ari myugariro akaba na kapiteni wayo igihe kirekire hamwe n’umuyobozi  muri  Pariki y’Ibirunga ushinzwe kuyobora abayisura, Bwana Prosper Uwingeli.

Mu ijambo rye Madamu Akamanzi yavuze ko amasezerano y’ubufatanye bwa Arsenal n’u Rwanda mu guteza imbere ubukerarugendo mu Rwanda yatanze umusaruro.

Atanga urugero rw’uko ubwo yari arangiye gushyirwaho umukono, agatangazwa yanditsweho inkuru 1000 mu binyamakuru bikomeye ku isi, haba mu Rwanda n’ahandi.

Ikindi ni uko byatumye abantu bemenya u Rwanda, abenshi bakaba bararumenye nyuma yo kubona izina ryarwo ku myambaro y’abakinnyi ba Arsenal igihe cyose babaga bagiye mu kibuga.

Ati: “ Abanyarwanda bungukiye muri ubu bufatanye ni  uko igihugu cyabo cyarushijeho kumenyekana kandi byerekanye ko ubufatanye bwacu bwarushijeho kuzamura umusaruro.”

Yakomoje ku ruzinduko umukinnyi wa Arsenal witwa David Luiz yakoreye mu Rwanda, icyo gihe rukaba rwaranditsweho inkuru 100 ku isi hose.

Kuba abantu baramenye u Rwanda kurusha uko bari basanzwe baruzi ntibyaciriye aho kuko hari abaje kurusura.

Kurusura byarwinjirije amafaranga, kandi ayo mafaranga akoreshwa mu kuzamura imibereho myiza y’abarutuye.

Clare Akamanzi yatangaje ko muri 2019 mbere y’uko COVID-19 yaduka, ubukerarugendo bwakorewe mu Rwanda bwazamutseho 17% kandi ababukoze bose, abagera kuri 22% baje baturutse mu Bwongereza.


Bwana Peter Silverstone avuga ko abakorera Arsenal nabo bishimiye kugirana ubufatanye n’u Rwanda muri iriya gahunda ya Visit Rwanda kandi ngo ikigaragaza bwari ubufatanye bufite uburemere ni uko abantu baburwanyije, bubavugisha menshi!

Kuri we izina Arsenal naryo ryarahazamukiye kuko uwo ariwe wese wavagayo yo akaza mu Rwanda yandikwagaho inkuru nyinshi bigatuma irushaho kuvugwa cyane mu itangazamakuru.

U Rwanda rufite ahantu henshi nyaburanga
Akamanzi na Silverstone baganira
TAGGED:AkamanziArsenalfeaturedRDBRwandaVisit
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amajyaruguru Abonekamo Ibinyobwa Byinshi Bitujuje Ubuziranenge, Itabi Mu Burasirazuba
Next Article Pasiteri ‘Asurira’ Abayoboke Ku Mazuru Ngo Ni Imbaraga Z’Imana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?