Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2025 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere rwagaragaje ko umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo utagize ingaruka ku ishoramari mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean Guy Afrika yabibwiye Jeune Afrique.

Intambara imaze igihe kirenga 25 yatumye abantu benshi bahungira mu Rwanda n’ahandi, abo biganjemo abaturage ba DRC bavuga Ikinyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, Jean Guy Afrika, yabajijwe niba hari ingaruka iyo ntambara yagize ku ishoramari ry’u Rwanda cyane nk’igihugu gituranye imbibi na DRC.

Yasubije ko nta ngaruka ‘zigaragara’ mu rwego rw’ishoramari mu Rwanda zakuruwe n’ibyo bibazo.

Ati: “Ndatekereza ko byaba byiza nkoresheje imibare yo mu mwaka wa 2024. Mu makuru aheruka, twazamutseho 32% mu bijyanye n’ishoramari ryanditswe, tugera kuri hafi Miliyari $3,2, tuvuye kuri Miliyari $ 2,5. Navuga ko ibiri kuba mu Burasirazuba bwa RDC nta buryo na bumwe byagize ingaruka ku ishoramari ryinjira mu Rwanda kandi uko ni ukuri. Twabaha imibare bibaye ngombwa.”

Avuga ko kimwe mu byafashije u Rwanda kutegerwaho n’ingaruka zabyo, ari ingamba zashyizweho.

Yavuze ko izi ngamba z’ubwirinzi zatumye abashoramari babona ko u Rwanda ari igihugu gitekanye.

Umuyobozi wa RDB avuga ko u Rwanda rwafashe ingamba z’ubwirinzi kandi koe byatanze icyizere mu bashoramari kubera umutekano.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu hari icyizere ko ibintu bizasubira mu buryo bitewe n’ibiganiro biri kugirwamo uruhare n’impande zitandukanye birimo n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ati “Ubu inzira y’aho ibintu bigana yarushijeho gusobanuka, ubwo bwoba bushobora kuba bwari buhari mbere ni ubwo mu bihe byashize.”

RDB yerekanye ko mu 2024 handitswe ishoramari rishya ringana na Miliyari $ 3,2 ni ukuvuga arenga Miliyari Frw 4528 avuye kuri Miliyari $ 2,4 mu mwaka wa 2023.

Rijyanye n’inganda, imari n’ubwishingizi ndetse n’ibijyanye n’imitungo itimukanwa ryihariye 77,9%.

Ibyo byatumye Umujyi wa Kigali wiharira 75,4% by’ishoramari rishya ryanditswe mu mwaka ushize, ni ukuvuga ko arenga Miliyari $ 2,47 (arenga Miliyari Frw 3493 ) yashowe mu mishinga izakorera mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma y’Umujyi wa Kigali hakurikiraho Intara y’Iburengerazuba yashowemo Miliyoni $496,2 yashyizwe mu mishinga itandukanye.

Mu Burasirazuba hagiyeyo ishoramari rishya ringana na Miliyoni $ 155,4.

Ku ruhande rw’Intara y’Amajyaruguru naho hari ishoramari rifite agaciro ka Miliyoni $ 109,8, mu gihe Intara y’Amajyepfo yashowemo Miliyoni $37,8 ikaba ari nayo yabonye ishoramari rito mu mwaka ushize.

Ugereranyije n’umwaka ushize ibikorwa by’ishoramari byanditswe byiyongereyeho 23,8%.

TAGGED:AfrikaCongoDRCfeaturedIshoramariJeune AfriqueUbukunguUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye
Next Article Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?